Senateri w’Umurepubulikani, John Kennedy, yashinje bagenzi be b’Abademokarate kongera igihe guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze yarahagaritse imirimo (ikizwi nka shutdown) basaba ko hasubizwaho miliyoni 4.2 z’amadorali yo gutera inkunga gahunda z’abaryamana bahuje igitsina n’abihinduje igitsina (LGBTQ) muri Uganda no mu burengerazuba bwa Balkans, mu mpaka zerekana uburyo imfashanyo yari igenewe amahanga zazanye amacakubiri hagati y’amashyaka 2 yihariye ubutegetsi i Washington.
Yakomeje agira ati: “Ayo mafaranga yari abaryamana bahuje ibitsina (lesbian, gay) abaryamana n’ibitsina byombi (bisexual), abahinduye igitsina (transgender)…… bo mu burengerazuba bwa Balkans na Uganda. ”
Ihagarikwa ry’imirimo ya Guverinoma ya Amerika ryinjiye ku munsi wa cyenda ku Cyumweru nyuma y’uko Abarepubulikani n’Abademokarate bananiwe kumvikana ku mafaranga agomba gukoreshwa mu bikorwa bya leta.
Abakozi ba leta bagera ku 750.000 bagiye mu kiruhuko nta mushahara, bihagarika serivisi rusange zitandukanye.
Abarepubulikani kuri ubu bagenzura imitwe yombi y’inteko ishinga amategeko ariko bakabura amajwi 60 akenewe muri Sena kugira ngo bemeze amategeko agenga amafaranga agomba gukoreshwa na leta badashyigikiwe n’Abademokarate


