Intumwa idasanzwe y’umunyamabanga mukuru wa loni mu Burundi, Michel Kafando ari mu ruzinduko mu Burundi aho ari kuganira n’abategetsi batandukanye b’iki gihugu.
Michel Kafando yashitse mu gisagara ca Bujumbura ku musi w’Imana mw’ibanga nta ngere.
Kugeza ubu amaze kubonana na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Alain Aime Nyamitwe hamwe n’umuhuza w’Abarundi, Edouard Nduwimana. Nta kiramenyekana ku byavuye muri ibyo biganiro nkuko BBC yabitangaje.
Michel Kafando aheruka mu Burundi mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka. Uyu mugabo yabaye Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso.
Ubwo urugendo yakoraga ubushize yarusozaga yasohoye itangazo ko yasanze impande zose bavuganye zifite icyifuzo cy’inzira nziza igamije amahoro akaba afite icyizere cy’uko ikibazo kiri mu Burundi gishobora kubonerwa igisubizo biciye mu biganiro byaba bihuza bose mu buryo bwose bushoboka.
Inyuma y’urugendo rwa mbere mu Burundi Kafando yagiye i Dar es Salaam kubonana na Benjamin Makapa umuhuza mu biganiro by’ Abarundi, anajya i Addis Abeba ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe ushyigikiye ibyo biganiro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


