Urwego Rukuru rw’Iperereza mu Budage, Bundesnachrichtendienst (BND) rwatangaje ko muri Mutarama 2020 Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping yasabye Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) kudatangaza amakuru ku cyorezo cya Covid-19 yari gutuma amahanga afata ingamba zo kugikumira.
Uru rwego rwavuze ko tariki ya 21 Mutarama, ari bwo Perezida Xi yasabye Dr. Tedros Adhanom uyoboye WHO kutamena ibanga ry’uko umuntu wanduye iki cyorezo yakwanduza undi, kandi bombi babizi neza.
Nk’uko Daily Mail yabitangaje kuri uyu wa 10 Gicurasi, Dr. Tedros ngo yemeye kudatangariza amahanga iby’ubukana bw’iki cyorezo, biba intandaro yo kwandura kw’umubare munini w’abantu mu bihugu by’ibihangage.
U Bushinwa na WHO birasumbirijwe
Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika barangajwe imbere na Perezida Donald Trump bashinja WHO n’u Bushinwa kudatangaza ugukomera kw’iki cyorezo mu gihe babonaga gikwirakwira mu buryo bwihuse. Bashinja uyu muryango gutangaza ko iki cyorezo gihangayikishije Isi ukerewe; ibintu byavuga ko wabikoze nkana.
Donald Trump yemeje ko igihugu ayoboye kitazongera gutanga umusanzu waba uw’ubushake n’uwagenwe muri WHO, avuga ko muri iki gihe cya Covid-19, uyu muryango ukoreshwa n’u Bushinwa kandi Amerika ari yo itanga mwinshi wikubye uw’ibindi bihugu inshuro zirenga 10.
Ibirego by’aba bayobozi byatumye haba inkundura yo kweguza Dr. Tedros ku bunyamabanga bukuru bw’uyu Muryango, gusa abarimo abayobozi ku mugabane w’Afurika barayamaganye, bavuga ko igikenewe ubu ari uguhuza imbaraga zihangana n’iki cyorezo, ibindi bikazakurikiraho urugamba na Covid-19 rurangiye.
Ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse n’abashakashatsi bishinja u Bushinwa gukora iki cyorezo, bishingiye ku kuba umugi wa Wuhan wagaragayemo umurwayi wa mbere wa Covid-19, urimo laboratwari yari isanzwe ikorerwamo ubushakashatsi bw’umuryango w’udukoko twa Coronavirus.
Andi makuru akeka ko iki gihugu cyaremye agakoko gatera iki cyorezo kugira ngo gahungabanye ubukungu bw’ibiguhu bihanganye n’u Bushinwa; Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na bimwe byo ku mugabane w’u Burayi ku isonga.
Bamwe mu bayobozi b’ibyegera bya Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson mu Bwongereza nabo bigeze gushinja u Bushinwa guceceka kandi bubona ko iki cyorezo cyamaze gukwira muri Wuhan, butuma ingendo z’indege zikomeza. Ibi ngo byatumye icyorezo gifata n’amahanga arimo igihugu cyabo.
Aba bayobozi bavuze ko u Bushinwa bwishe itegeko Mpuzamahanga riburira ibindi bihugu kugira ngo bitinjira mu byago. Banzuye ko bashobora kujyana iki gihugu mu nkiko mpuzamahanga, cyangwa se bukabashumbusha miliyari 3 z’amadolari y’Amerika.
N’ubwo amahanga yakomeje gushinja u Bushinwa na WHO uburangare n’igisa n’akagambane, nabyo byabiteye utwatsi, bivuga ko nta shingiro bifite, nta n’ibihamya ndetse byagiye mu ruhande rwa politiki y’icengezamatwara.


