Irak: Abayobozi b’inzego z’ubutasi bakomeje kwicwa mu gisa nko guhorera Gen Soleimani

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bayobozi bakuru bubutasi bwa Irak mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yiciwe mu burasirazuba bwa Baghdad, igikorwa cya kabiri cy’ubu bwoko bivugwa ko kimaze kuba mu mezi atatu ashize.

Inzego z’umutekano z’iki gihugu ziravuga ko abantu bitwaje intwaro batazwi barashe uyu mukoloneri wo mu nzego z’ubutasi ubwo yari arimo kwerekeza ku kazi mu gace ka Baladiyat muri Baghdad. Yapfuye nyuma gato yo kuraswa.

Amakuru amwe aturuka mu nzego z’umutekano agera ku kinyamakuru The New Arab avuga ko abo bantu bitwaje intwaro bakoze ubu bwicanyi bahise bacikira ahantu hatamenyekanye, abashinzwe ubutasi n’umutekano bakaba batangiye iperereza bifashishije kugenzura amafoto yafashwe na za camera z’aho igitero cyabereye.

Mu mpera za Werurwe, undi musirikare mukuru mu rwego rw’ubutasi nawe yishwe n’abantu bitwaje intwaro muri Mansour, rwagati muri Baghdad.

Intadondwa ziterwa inkunga na Leta ya Iran zikaba zarakunze gushinja inzego z’ubutasi za Irak kuba icyitso cy’abanyamerika mu iyicwa rya Gen Qasem Soleimani n’uwari umuyobozi w’umutwe PMF ( Iraqi Popular Mobilisation Forces), Abu Mahdi Al-Mohandes, biciwe mu gitero cy’indege ku kibuga cy’indege cya Baghdad muri Mutarama 2020, igikorwa cyakozwe n’Abanyamerika ku mabwiriza ya Perezida Donald Trump.

Minisitiri w’Intebe wa Irak kuri ubu, Mustafa Al-Kadhimi, yigeze kuyobora Inzego z’ubutasi bwa Irak zizwi nka INIS (Iraqi National Intelligence Service) kandi asa nk’aho ari ukiziyoboye.

Abasesengura ibibera muri Irak bakaba bavuga ko uku wkibasira abakozi b’inzego z’ubutasi za Irak bisa nko kugerageza ubu buyobozi bwa Al-Kadhimi.

Saad Al-Hadithi, impuguke mu by’umutekano muri Irak akaba avuga ko uburyo ubu bwicanyi bwakozwe mu gace ubusanzwe karinzwe cyane ka Baladiyat kandi abakoze ubwicanyi bakabasha gucika nta nkomyi bigaragaza uburyo bari biteguye neza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *