Kuri uyu wa Kane, Iran yagabye ibitero bishya bya drone na misile mu gihe intambara yegereje ibyumweru bibiri. Muri Israel, humvikanye impanda ziteguza ibitero byo mu kirere mu gihe abayobozi baburiye abaturage ko hari ibisasu biri guturuka muri Iran, ari na ko ibihugu byo mu kigobe byiteguye kugabwaho ibindi bitero.
Ku munsi wa 13 w’intambara ya Iran, Tehran ikomeje kugaba ibitero kuri Israel ndetse no mu bihugu byo mu karere, ari na ko yibasira amato y’ubucuruzi anyura mu muhora wa Hormuz, ibikomeje gutuma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje guhindagurika.
Isiraheli ivuga ko yabonye misile nyinshi ziri guturuka muri Iran mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, yongeraho ko ingabo zayo zikora ibishoboka ngo zihagarike iyo mvura ya za misile. IDF yavuze kandi ko kuri uyu wa Kane umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran ukorera muri Liban warashe ibisasu bya roketi ku mupaka nk’uko inkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga.
Hagati aho, igiciro cya peteroli cyongeye kumanuka kigera hejuru gato y’amadolari 100 (€ 86,6) ku kagunguru kuri uyu wa Kane, nyuma y’iminsi mike kizamutse kigera ku madolari 120 (€ 104), bigatera impungenge ku masoko y’Isi ndetse n’impungenge zo gukomeza kubona ingufu, mu gihe intambara ikomeje muri kamwe mu turere dukungahaye cyane kuri peteroli na gaz bitunze Isi.
Abatuye Dubai na bo bavuga ko ibisasu byinshi byumvikanye ijoro ryose mu gihe ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere bwa UAE nabwo buri gukora ubutaruhuka ngo buhagarike indege zitagira abadereva na misile.
Abanyamakuru ba Euronews bemeje ko urusaku rwinshi rw’ibiturika rukomeje kumvikana mu gihe indege z’indwanyi ziri kugaragaramu kirere zijya guhangana n’ibitero biza.


