Imirwano kuri uyu wa Gatandatu yakomeje hagati ya M23 n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi w’ejo waranzwe no kurasana gukomeye hagati y’impande zombi.
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yatangaje ko imirwano yatangiye saa kumi n’ebyiri na 35 z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.
Ati: “Ihuriro ryasubukuye ibitero ku birindiro bya M23 no mu midugudu ituwemo n’abaturage mu bice bya Mushaki, Kingi, na Malehe rikoresheje ibifaru ndetse n’indi mizinga. Ubu ni ubushotoranyi nanone bugaragarira buri wese.”
Bisimwa ku manwa y’ejo ku wa Gatanu yari yatangaje ko Ingabo za Congo n’abo bakorana bari kurasa ku birindiro bya M23 ndetse n’uduce dutuwe n’abaturage benshi bifashishije indege z’intambara ndetse na za kajugujugu.
Ibirindiro bya M23 byiriwe biraswa ku munsi w’ejo ni ibyo mu duce twa Mushaki, Negenero, Nkingo…twose turi hafi y’Umujyi wa Sake wo muri Teritwari ya Masisi.
Ni Umujyi bivugwa ko M23 imaze igihe igerageza gufata, gusa bikaba ngombwa ko isubizwa inyuma n’Ingabo za Congo.
Amakuru cyakora avuga ko imirwano y’ejo yasize M23 yigaruriye uduce twa Nyamitaba, Nyakariba, Kanyatsi na Kanzenze twose two muri Masisi.


