Israel irashinjwa kunaniza abashaka gutanga imfashanyo muri Gaza

Sangiza iyi nkuru

Abaterankunga batandukanye bashamikiye ku miryango mpuzamahanga baratabaza nyuma y’uko ngo babona Israel irikwitabika gahunda yabo yo gutanga imfashanyo mu ntara ya Gaza.

Prezida w’umuryango w’abaganga batagira imipaka, Isabelle Defourny yatanze impuruza ko muri iyo ntara hashobora kuba jenoside.

Uyu muganga avuga ko umuryango ayoboye umaze gupfusha abakozi batanu muri 300 bakorera muri Gaza.Yavuze ko Gaza muri iyi minsi imaze guhinduka ahantu hadakwiye kuba ikiremwamuntu.

Imiryango 13 ikora ibikorwa by’ubutabazi ivuga ko Isiraheri ibananiza mu bikorwa byabo byo kugeza ubufasha ku babukeneye.

Iyi miryango irasaba Isiraheli guhagarika umugambi wayo wo kugaba ibitero mu mujyi wa Rafah, uri mu majyepfo ya Gaza.

Intambara muri Gaza yatangiye nyuma y’igitero umutwe wa Hamas wagabye muri Isiraheri kigahitana abantu barenga 1,200 abandi bagera ku 250 barashimutwa.

Umwe muri iyo miryango urashinja ibihugu bikomeje guha Isiraheri intwaro, ubufatanyacyaha mu bishobora kwitwa Jenoside.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *