Urukiko rwo mu Mujyi wa Yerusalemu rwakatiye igihano cyo gufungwa imyaka 11 uwahoze ari Minisitiri muri Israel , Gonen Segev nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gutata igihugu cye mu nyungu z’igihugu cya Iran.
Minisitiri Segevu yemeye ko yakoze icyaha gikomeye ku bwo gutanga amakuru ku gihugu gifatwa nk’umwanzi wa Israel.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umushinjacyaha Mukuru muri Israel rivuga ko Segev yemeye ko yamaze imyaka itanu aha amakuru inzego z’ubutasi za Iran.
Buvuga ko uyu mugabo yagiye avugana na Iran bifashishije uburyo bwa Kode ndetse akazajya ahura nabo haba mu gihugu cyabo ndetse no mu bindi bihugu.
Uyu mugabo ahawe iki gihano nyuma y’aho afatiwe mu gihugu cya Guinea ndetse agasubizwa iwabo.
Segevu yabaye Minisitiri wa Israel Ushinzwe Ibikorwaremezo n’Ingufu. Afite imyaka 62 y’amavuko akaba yarabaye mu ishyaka rya Tzomet mbere yo kurivamo akajya gukora ubucuruzi.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Uyu kandi si ubwa mbere afunze kuko yigeze gufungwa imyaka itanu aryozwa kwinjiza ibinini byongera ubushake bw’imibonano mpuzabitsina abikuye mu Buholandi nk’uko inkuru dukesha Xinhua ibitangaza.


