Israel vs Hamas:Abakozi barenga 150 ba UN Bamaze gupfira mu ntambara-Guterres

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antà³nio Guterres, yamaganye Israel ku rupfu rw’abasivili b’Abanyapalestine bakomeje kwicirwa i Gaza, aho avuga ko uburenganzira bwabo bukomeje guhonyorwa.

Ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya G77+China yabereye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, Guterres yasabye abayobozi b’ibihugu bitandukanye guhaguruka bagahagarara bakamagana ibikomeje kubera muri Israel.

Ati: “Ntabwo nzacogora mu cyifuzo cyanjye cyo guhagarika imirwano mu buryo bwose muri Israel.Ikindi ndasaba abayobozi b’ibihugu guhaguruka bagahagarara bakamagana ibibera muri Israel.”

Yavuze ko umubare w’abakomeje gupfira muri Gaza ukomeje kwiyongera atari uko bishwe n’ibisasu gusa , ahubwo ko banicwa n’inzara no kubura amazi meza.

Ati“Abantu ntibapfa gusa kubera ibisasu, ahubwo bazira no kubura ibiryo n’amazi meza, ibitaro bidafite amashanyarazi n’imiti, ndetse n’ingendo zitoroshye bajya mu bice bitandukanye bahunga imirwano.

Yavuze ko uretse impfu z’Abanyegaza,Abakozi 152 b’Umuryango w’Abibumbye bamaze gupfira muri iyo mirwano ishyamiranyije Israel na Hamas.

Intambara ya Israel na Hamas yadutse ku ya 7 Ukwakira nyuma y’igitero cyagabwe na n’umutwe wa Hamas.Abantu bagera ku 1200 ba Israel icyo gihe barashimuswe.

Minisiteri y’Ubuzima ya Palestine, ivuga ko umubare w’abaturage bayo baguye mu bitero bya Isiraheli umaze kugera kuri 25.000, mu gihe abarenga 60.000 bakomeretse kuva intambara ihuza impande zombi yadutse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *