Israel yihimuye kuri Iran

Sangiza iyi nkuru

Israel kuri uyu wa Gatandatu yatangaje ko yarashe ibikorwa remezo bya gisirikare bitandukanye muri Iran, mu rwego rwo kwihimura ku bitero iki gihugu kimaze igihe kigaba ku butaka bwayo.

Israel yemeje aya makuru biciye mu muvugizi w’Igisirikare cyayo (IDF).

Yavuze ko “mu gusubiza ibitero ubutegetsi bwa Iran bumaze amezi bugaba kuri leta ya Israel, muri aya masaha Igisirikare cya Israel kiri kurasa ibikorwa remezo bya gisirikare muri Iran”.

IDF yunzemo ko Israel ifite uburenganzira ndetse n’inshingano zo gusubiza ibitero bya Tehran n’imitwe ishyigikiwe na yo, birimo ibitero bya missile byayigabweho biturutse ku butaka bwa Iran.

Itangazamakuru ryo muri Iran riravuga ko i Tehran mu murwa mukuru w’iki gihugu humvikanye uguturika kwamaze amasaha arenga abiri kwabaye mu byiciro bibiri bitandukanye. Muri Iran baravuga ko ibitero bya Israel ahanini byibasiye ibigo bya gisirikare.

Israel yarashe muri Iran nyuma y’ibitero bya missile zirenga 200 iki gihugu cyarashe ku butaka bwayo ku itariki ya 1 Ukwakira 2024.

Ni ibitero byaje bikurikira urupfu rwa Hassan Nasllah wari umuyobozi mukuru w’umutwe wa Hezbollah wo muri Lebanon wivuganwe na Israel.

Iyi Hezbollah isanzwe ishyigikiwe na Iran, ndetse kuva ku wa 7 Ukwakira 2023 ifatanya n’undi mutwe wa Hamas wo muri Palestine kugaba ibitero kuri Israel.

Hagati aho umwe mu bayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabwiye Reuters ko ibikorwa remezo bya Iran Israel yarashe birarimo iby’ingufu ndetse n’ibya nuclĂ©aire nk’uko byari byitezwe.

Kugeza ubu ibyasenwe n’iki gitero cyo kwihimura cya Israel kuri Iran ntabwo biramenyekana.

Icyakora Televiziyo ya Leta ya Iran yasubiyemo amagambo y’umuvugizi w’Igisirikare cy’iki gihugu wavuze ko iturika ryumvikanye i Tehran ari irya ‘système’ zirinda ikirere zari zihanganye n’ibisasu bya Israel.

Iran ivuga ko nyuma ya kiriya gitero ubuzima bwakomeje nk’ibisanzwe.

Andi makuru avuga ko ibigo byinshi bya gisirikare byo mu burengerazuba ndetse no mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Tehran byibasiwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *