Polisi y’igihugu yatangaje ko yafashe imfungwa enye zose zari zatorotse ikigo zavurirwagamo Covid-19 kiri mu murenge wa Kibungo, mu karere ka Ngoma.
Mu ijoro ryakeye ni bwo izo mfungwa zirimo Nsabimana Olivier w’imyaka 30 y’amavuko, Banguwiha J.Paul w’imyaka 21 y’amavuko, Mubyarirehe alias Nyamayarwo w’imyaka 52 y’amavuko na Ndagijimana Dominique utamenyekanye imyirondoro zatorotse ikigo cy’ishuri cya ASPEK cyo mu murenge wa Kibungo kiri kuvurirwamo abarwayi ba COVID-19 babonetse i Ngoma.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamduni Twizeyimana, yabwiye BWIZA ko ziriya mfungwa zaciye grillage z’amadirishya y’amashuri zari zicumbikiwemo zigahita zitoroka. Tuvugana na CIP Twizeyimana nta n’imwe muri izo mfungwa yari yagafashwe.
Eshatui mu mfungwa ni izari zikurikiranweho icyaha cy’ubujura, mu gihe imwe muri izo yari ikurikiranweho icyaha cy’ibikangisho by’amagambo.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP John Bosco Kabera, mu masaha yatambutse yari yabwiye BWIZA ko mu ebyiri mu mfungwa zari zatorotse zafatiwe mu murenge wa Mugesera mu kanya kashize.
Ati: “Babiri bafashwe kandi n’abandi turabafata, bafatiwe muri Mugesera [Mu karere ka Ngoma].
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamduni Twizeyimana yabwiye y’urubuga rwa Polisi y’igihugu ko uwitwa Mubyarirehe w’imyaka 52 bakunze kwita Nyamayarwo yafatiwe iwe mu rugo mu murenge wa Mugesera, Nsabimana Olivier w’imyaka 30 yafatiwe mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Banguwiha Jean Paul we yafatiwe iwe mu murenge wa Zaza, na ho Ndagijimana Dominque afatirwa mu murenge wa Mugesera aho yari acumbikiwe n’inshuti ye. Abagize imiryango y’aho bari bari bose bajyanywe mu kato kugira ngo bakurikiranwe harebwe ko batanduye.
CIP Twizeyimana yashimiye abaturage bababonye bakihutira gutanga amakuru bagafatwa.
Ati: “Bamaze gucika inzego z’umutekano habayeho gukorana n’izindi nzego z’ubuyobozi bagaragaza imyirondoro yabo n’aho bakomokaga. Kuri uyu wa Kane nibwo abaturage bo mu mirenge ya Kigabiro, Mugesera na Zaza baje kubona abo bantu bihutira guhamagara Polisi barafatwa.”
Kuri ubu inzego z’umutekano ku bufatanye n’inzego z’ubuzima barimo gushakisha abo baba baragiye bahura na bo kugira ngo basuzumwe.
Imfungwa zari zatorotse ziri mu 72 zabonetse muri kasho ya Polisi i Ngoma, ubwo mu minsi ishize mu gihugu habonekaga abantu 101 banduye Covid-19.
Izi mfungwa zasanganywe ubu bwandu zahise zijya gucumbikirwa mu kigo cya ASPEK cyo muri kariya Karere kugira ngo zihabwe ubuvuzi, izatorotse zikaba ari ho zari ziri.



2 Responses
Imfungwa ebyiri muri enye zari zatorotse ikigo zavurirwagamo Covid-19 zafashwe
ubwosekoko iyobafashwe bahanishwiki? ikibazo nuko bagiye no kwanduzabandi ariko abantu ntibari bamenya ibyiki cyorezo baziko harimikino gifite.
Imfungwa ebyiri muri enye zari zatorotse ikigo zavurirwagamo Covid-19 zafashwe
ubwosekoko iyobafashwe bahanishwiki? ikibazo nuko bagiye no kwanduzabandi ariko abantu ntibari bamenya ibyiki cyorezo baziko harimikino gifite.