Joan Laporta ushyize imbere kurinda Messi ni we watorewe kuyobora FC Barcelona

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Espagne Joan Laporta yatorewe kuyobora FC Barcelona ku ncuro ya kabiri, nyuma yo gutsinda amatora yabaye ku Cyumweru Tariki ya 07 Werurwe.

Laporta ushyize imbere kurinda Lionel Messi ntagire indi kipe yerekezamo, yatsinze ariya matora ku kigero cya 54%.

Uyu mugabo w’imyaka 58 y’amavuko, yatorewe kuyobora Barcelona asimbuye Josep Maria Bartomeu weguye mu mwaka ushize. Ni ku ncuro ya kabiri agiye kuyobora iyi kipe y’i Catalunya, nyuma yo ya 2003 na 2010.

Yatsinze abagabo bakomeye bari bahanganye, barimo Victor Font wagize amajwi 30% na Toni Freixa wabaye uwa gatatu.

FC Barcelona yatangaje ko mu banyamuryango bayo bazwi 109,531, abatoye muri ariya matora yagombaga kuba Muri Mutarama nyuma akaza gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus, ari 55,611.

Laporta wongeye gutorerwa kuyobora FC Barcelona, mu gihe cye nka Perezida w’iyi kipe azwiho kuba yarasinyishije abakinnyi bakomeye nka Ronaldinho na Eto’o bafashije ikipe gutwara UEFA Champions league ebyiri (2006 & 2009).

FC Barcelona yanatwaye ibikombe bine bya shampiyona ya Espagne ndetse n’iby’umwami.

Mu gihe cya Joan Laporta kandi ni bwo Lionel Messi yigaragaje nk’igihangange muri ruhago, ndetse uyu munya-Argentine ni umwe mu bakinnyi mbarwa ba FC Barcelona bitabiriye amatora yo ku munsi w’ejo.

Ubwo yari mu birori byo kwishimira intsinzi, Laporta yumvikanye atera hejuru agira ati: “Ubu reka tujye i Paris turebe niba twakora indi remontada.”

Yunzemo ati: “Kubona Leo [Messi] ajya gutora, umukinnyi wa mbere ku Isi agatora ari hamwe n’umwana we, birerekana ibyo twamye tuvuga ko Leo akunda Barça, kuko twese turi umuryango mugari. Turizera ko tuzamufasha kuguma hano ari na byo twese twifuza.”

Kurinda Lionel Messi, kubaka bundi bushya FC Barcelona no kuyigobotora amadeni y’imbaturamugabo irimo biri mu bitegereje Joan Laporta watorewe kuyiyobora.

Ni mu gihe ku wa Gatatu FC iyi kipe izahura na PSG mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cya UEFA Champions league, isabwamo kwishyura umwenda w’ibitego 4-1 yatsinzwe mu mukino ubanza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *