Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden na Visi-Perezida we Kamala Harris, barahiriye kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika mu muhango wabereye i Washington.
Umuhango w’irahira ry’abayobozi bashya ba Leta zunze ubumwe za Amerika witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye, barimo abayoboye kiriya gihugu nka Barack Obama, George W. Bush na Bill Clinton.
Perezida ucyuye igihe Donald Trump ntiyitabiriye uriya muhango nyuma yo kuva i Washington mu kanya kashize yerekeza iwe muri Leta ya Florida, gusa Mike Pence wari Visi-Perezida we na bamwe mu bana be bitabiriye uriya muhango.
Mu ijambo rye nyuma yo kurahira, Perezida mushya wa Leta zunze ubumwe za Amerika yavuze ko iyi tariki ya 20 Mutarama ari “umunsi w’amateka, umunsi w’icyizere n’umunsi wa demukarasi.”
Ati: “Uyu ni umunsi wa Amerika. Uyu ni umunsi wa demukarasi. Umunsi w’amateka n’icyizere. Mu myaka myinshi y’ibihe bikomeye, Amerika yarageragejwe ariko ihaguruka mu bibazo. Uyu munsi turishimira intsinzi, itari iy’umukandida gusa ahubwo y’impamvu, impamvu ya demukarasi.”
Joe Biden na Kamala Harris wabaye umugore wa mbere ubaye Visi-Perezida wa Amerika, bafashe ubutegetsi mu gihe Leta zunze ubumwe za Amerika zugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, ndetse n’ivangura rishingiye ku ruhu rikorerwa abirabura.
Perezida mushya wa Amerika yavuze ko “Tuzatsinda imbogamizi zose”.
Yasubiyemo intero yagenderagaho yiyamamaza yo kugarura ubuhangange bwa Amerika, gusa avuga ko “kubigeraho ibintu byinshi kuruta amagambo.”
Perezida Joe Biden yasabye Abanyamerika kurangwa n’ubumwe, nk’inzira ishoboka yo gukemura ibibazo bibugarije, anarahirira kurangiza intambara itari iya gisivile iri hagati y’abademokarate n’aba-Repubulikani.
Ati: “Hatariho ubumwe, nta mahoro yabaho, habaho gusa uburakari n’umujinya.”
Yakomeje agira ati: “Ni ibihe bintu bisanzwe twe nk’Abanyamerika dukunda?” abaza Biden. Amahirwe, umutekano, umudendezo, icyubahiro, kubahana; kandi ni ukuri.”
Perezida mushya wa Amerika yakomoje ku byatangajwe na Trump hamwe n’abamushyigikiye bavuze ko nta kimenyetso kigaragaza ko yatsinze amatora, avuga ko “Hariho ukuri kandi hariho ibinyoma. Ibinyoma byavuzwe ku mbaraga no ku nyungu. Tugomba guhagarika iyi ntambara idafite umuco, ihuza umutuku n’ubururu “, avuga aba Repubulikani n’abademokarate.
Joe Biden yatorewe kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika mu Ugushyingo umwaka ushize, atsinze Donald Trump bari bahatanye.
Uyu mukambwe w’imyaka 78 y’amavuko, abaye Perezida wa Amerika ugiye ku butegetsi akuze kurusha abandi.
Perezida wa 46 wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yahawe ziriya nshingano nyuma yo kugerageza incuro ebyiri agatsindwa. Bwa mbere uyu wabaye umusenateri wari uhagarariye Leta ya Delaware agerageza hari mu 1987, yongera kugaruka muri 2008 mbere yo kungiriza Obama kugeza muri 2016.










