Uwahoze ari Perezida wa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yamaze kugaruka muri kiriya gihugu nyuma y’ibyumweru bibiri bivugwa ko yagihunze.
Ku wa 22 Gashyantare ni bwo Kabila yahagurutse i Lubumbashi yerekeza i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Nyuma haje gukwirakwira amakuru avuga ko uyu mugabo ashobora kuba yafashe iy’ubuhungiro, bijyanye no kuba atabanye neza na Perezida FĂ©lix Tshisekedi.
Kuri uyu wa Gatanu Kabila ni bwo yagarutse i Lubumbashi nk’uko byemejwe na Barbara Nzimbi, Umujyanama we mu by’itumanaho.
Uyu kuri Twitter yagize ati: “Nyuma y’iminsi mike ari hanze y’igihugu, Perezida Joseph Kabila yagarutse mu rugo rwe muri Katanga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, anyuzwe n’urugendo rwe.”
Amakuru avuga ko Kabila yamaze muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu iminsi 10, aho yari yerekeje nyuma yo guhabwa ubutumire.
Mu guhindukira bivugwa ko uyu mugabo yanyuze i Dar es Salaam muri Tanzania aho bivugwa ko yabonanye na Perezida Magufuli ndetse n’i Harare muri Zimbabwe aho yakiriwe na Perezida Emerson Mnangagwa.
Ntiharamenyekana icyo uruzinduko rwe rwagezeho nyuma y’ibyumweru bibiri ari hanze y’igihugu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


