Kabale: VP Alupo yasabye abanya-Uganda kudashotora Abanyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida wa Uganda, Jessica Alupo yasabye abanya-Uganda batuye mu Karere ka Kabale kwirinda kubwira Abanyarwanda amagambo y’ubushotoranyi mu gihe ubuhahirane n’imigenderanire hagati yabo byasubukuwe.

Nk’uko tubikesha televiziyo ya NTV, VP Alupo yabivugiye mu materaniro adasanzwe yabereye muri Katedarali ya Mushoroza muri aka Karere kuri uyu wa 30 Mutarama 2022, akomoka ku mupaka wa Gatuma waburaga amasaha make ngo ufungurwe.

Yagize ati: “Abayobozi muri hano mwese ndagira ngo mbatume, mu gihe muvugana n’abantu muyoboye, mubabwire birinde amagambo y’ubushotoranyi, mu bikorwa byose barimo by’umwihariko ibitanga umusaruro nk’ubucuruzi bakoraga mbere y’uko umupaka ufungurwa.”

Uyu muyobozi yasabye abanya-Uganda kuvuga ko hazaza, aho gusubira mu byahise. Ati: “Tuvuge ku hazaza, ibindi by’ahahise mubirekere ahahise. Dukore ibikorwa biteza imbere imibereho y’abantu bacu, birimo gufungura uriya mupaka.”

Ijambo rya VP Alupo ryakurikiwe n’iry’Umunyamabanga wa Leta ya Uganda muri Minisiteri y’inganda, David Bahati, washimiye Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni kuba baragize uruhare rukomeye mu ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna.

Yagize ati: “Twizeye ko nyuma y’ifungurwa ry’imipaka, abantu ba Cyanika barakora business.”

Umupaka wafunguwe mu rukerera rwo kuri uyu wa 31 Mutarama.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kabale: VP Alupo yasabye abanya-Uganda kudashotora Abanyarwanda
    Wagirango umupaka wafunzwe nta mpamvu ibiteye. Ubu se yavuye?

  2. Kabale: VP Alupo yasabye abanya-Uganda kudashotora Abanyarwanda
    Wagirango umupaka wafunzwe nta mpamvu ibiteye. Ubu se yavuye?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *