Uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yavuze ko byabaye ngombwa ko ahagarika amasomo ye muri Kaminuza ya Johannesburg kugira ngo yibande ku kibazo gikomeje kwiyongera mu gihugu cye.
Kabila yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Namibia Broadcasting Corporation, igitangazamakuru cya Leta muri iki gihugu. Kabila yari mu gihugu cyâamajyepfo ya Afurika yajyanwe no gushyingura uwahoze ari Perezida wa Namibia, Sam Nujoma.
Abajijwe ibyo amaze igihe akora kuva yava muri perezidansi mu 2019, Kabila yavuze ko yakoraga ibikorwa bitandukanye, harimo no kwiga.
Yakomeje agira ati: âTwavuye ku mirimo mu rwego rw’Itegeko Nshinga kandi twagize uruhare mu bikorwa bitandukanye, birimo amasomo, dushaka gukomeza. Ariko, niba ibintu mu rugo bikomeje kuba bibi, tugomba rero kureba ko DRC itagwa mu mpanga. Turi hano kugira ngo dufashe kandi dukore neza ibyo twizera ko bigomba gukorwa kugira ngo ibintu bitarushaho kuba bibi, ari nabyo ikibabaje, biri kuba ubu tuvuga â.
Mu gusobanura niba amasomo ye yerekeranye no kwiga muri Kaminuza ya Johannesburg, yabyemeje agira ati: âYego, niga muri Kaminuza ya Johannesburg, ubu nahagaritse. Twahagaritse ibikorwa byacu byâamasomo mu mezi abiri cyangwa atatu ashize kugira ngo duhe umwanya munini kandi twite ku bibazo byo mu rugo. â
Kabila yongeye gushimangira ko amaze igihe yita ku bibazo bikomeye, haba mu myigire ndetse no muri DR Congo, ariko ubu igihugu cye kikaba ari cyo kintu cya mbere ashyize imbere.


