Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yasubitse ikitaraganya uruzinduko yari yatangiye kugirira muri Vietnam kubera intambara ikomeje guca ibintu mu burasirazuba bwa RDC.
Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yatangaje ko mu masaha ari imbere Kamerhe agaruka i Kinshasa, mu rwego rwo “kunga imbaraga ku za Perezida FĂ©lix Tshisekedi na FARDC bari mu mirwano ikaze na M23 muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.”
Tshisekedi Kamerhe yagarutse ngo bunge imbaraga kuri ubu ari i Davos mu Busuwisi, aho yajyanye na Minisitiri w’ingabo z’igihugu cye mu nama mpuzamahanga yiga ku bukungu ya World Economic Forum.
Kamerhe yasubitse imburagihe uruzinduko rwe muri Vietnam, mu gihe imirwano ikaze ikomeje guca ibintu i Sake muri Teritwari ya Masisi.
Amakuru avuga ko M23 yigaruriye Sake nyuma yo kuyambura ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa zahise zihunga uyu mujyi.
Icyakora nyuma yo kwigarurira Sake FARDC yahise yitabaza indege z’intambara na za kajugujugu zahise zitangira kugaba ibitero ku birindiro bya M23, mu rwego rwo gukumira uyu mutwe kuba wakomeza ugana mu mujyi wa Goma.
Amakuru kuri ubu avuga ko Goma irinzwe bikomeye n’ingabo za RDC zifatanyije na SADC yanohereje za burende zayo muri Sake mu rwego rwo gutanga umusada.
Hagati aho amakuru avuga ko n’ubwo Goma irinzwe bikomeye, icyoba ari cyose mu baturage batinya ko isaha n’isaha M23 ishobora gutera uyu mujyi.


