Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) yagiranye amasezerano n’Ikigega gifasha imishinga mito n’iciriritse (BDF) mu gutangiza ikigo giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi.
Aya masezerano yashyizweho umukono mu cyumweru gishize hagati ya Perezida wa CHUR, Prof. Pierre Damien Habumuremyi n’Umuyobozi Mukuru wa BDF, Innocent Bulindi.

Prof. Pierre Damien Habumuremyi atangaza ko ubu bufatanye mu byo kunoza ubuhinzi, buzagirira akamaro Kaminuza ya CHUR isanzwe ifite Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Ati “ Buri kimwe cyamaze gutegurwa kugira ngo iki kigo kizabe kimeze nk’uko gikwiriye kuba kimeze. Dufite ibikoresho byose nkenererwa ndetse n’abatanga amahugurwa biteguye gutangira.”
Umuyobozi Mukuru wa BDF, Innocent Bulindi, avuga ko aya masezerano ari ingenzi kuko asanga iki kigo kizagira uruhare mu iterambere.
Ati “ Turabona ko aya masezerano afite akamaro kanini. Tumaze gukora byinshi mu gutera inkunga. Dukeneye kandi gushyira imbaraga mu bijyanye no gutera inkunga ibi bikorwa. Dutekereza ko iki kigo ari urubuga rwiza kuri twe.”

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Iki kigo cyatangijwe kizategura ba rwiyemezamirimo mu buhinzi, kibafashe gukora imishinga ishobora gutangira, igakura ikavamo ibikorwa by’ubucuruzi bishobora kuterwa inkunga na BDF cyangwa ibindi bigo by’imari.



