Kamonyi: Hafashwe abandi 27 bakekwaho guhohotera abaturage bitwaje intwaro gakondo

Sangiza iyi nkuru

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, ku Cyumweru tariki ya 3 Ukwakira yafashe abantu 27 bagize itsinda rikekwaho guhohotera no kwiba abaturage bitwaje intwaro gakondo zirimo imipanga.

Ni nyuma y’uko abaturage bari bamaze iminsi bagaragaje ko hari abantu babatega bitwaje imihoro bakabagirira nabi ndetse bakanabambura.

Icyenda mu bafashwe bafatiwe mu Murenge wa Ngamba, abandi 18 bafatirwa mu wa Runda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyapfo, SP ThĂ©obald Kanamugire, yabwiye urubuga rwa Polisi y’Igihugu ko abafashwe byaturutse ku bufatanye n’inzego z’umutekano no kugahanahana amakuru n’abaturage.

Ati: “Twagejejweho amakuru ko mu Murenge wa Ngamba hari abantu bavugwaho guhohotera abaturage bakabambura ibyo bafite bitwaje imihoro. Iyo hagize umuturage wirwanaho cyangwa agatabaza bahita bamugirira nabi, bariya bafashwe 9 bari mu bacyekwaho ibyo bikorwa.”

SP Kanamugire yakomeje avuga ko kuri iyo tariki ya 3 Ukwakira mu bikorwa bya Polisi byabereye mu Murenge wa Runda hafashwe abantu 18 bajyaga batega abantu bakabambura ndetse bakaba bategaga imodoka z’itwara imitwaro bakazurira bakagenda bapakurura ibirimo.

Aba bafashwe nyuma y’aho mu cyumweru gishize nanone muri aka Karere ka Kamonyi hari hafashwe abandi bantu barindwi bacyekwaho gutega abaturage bakabambura bitwaje imipanga.

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *