Hari amakuru ko imwe mu mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Karongi hari abantu bagiye bakwirakwiza impapuro zishishikariza abaturage kwirinda kwikingiza kugira ngo badahura n’ingaruka zituruka ku nkingo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abatuye i Karongi n’abandi bafite imyumvire mibi ku mikorere y’inkingo za COVID-19 ko bareka iyi myumvire bitaba ibyo bagakurikiranwa mu mategeko. Minisitiri Gatabazi yari mu Murenge wa Rugabano ari kumwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Francois Habitegeko ho bashishikarije abaturage kwima amatwi abababuza kwikingiza Covid-19, bababwira akamaro ko kwikingiza. BWIZA yagerageje kuvugana n’abanyamabanga nshingwabikorwa bo mu mirenge yo mu Karere ka Karongi ntibyadukundira. Twashakaga kubabaza niba aho bayoboye iki kibazo cyarabayeho. Turaza gukomeza kugerageza kuvugana nabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, akurikirana igikorwa cyo gukingira Covid-19/RBA

Aba bayobozi bakanguriye abaturage kwikingiza Covid-19/RBA


