Kayonza: Batandatu bacukuraga amabuye y’agaciro bishwe n’ikirombe

Sangiza iyi nkuru

Abantu batandatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe cyo mu murenge wa Rwinkwavu w’akarere ka Kayonza, bapfuye nyuma yo kugwirirwa na cyo.

Byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2022.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Rukeribuga Joseph, yavuze ko abishwe na kiriya kirombe “bari bari kwitegura gusohoka ni uko ikirombe kirariduka abantu batandatu bahita bapfa.”

Mu bo byamaze kumenyekana ko bapfuye harimo abagore babiri.

Gitifu wa Rwinkwavu yavuze ko bakeka ko kuriduka kwa kiriya kirombe “byatewe n’iyi mvura imaze iminsi igwa ikaba yaratumye ubutaka bworoha cyane. Twaraye tugerageje kubashakisha dukuramo imirambo y’abakozi batatu abandi bo ntibahise baboneka.”

Kugeza kuri uyu wa Gatandatu abantu batatu bari baburiwe irengero ni bo bari bagishakishwa.

Gitifu wa Rwinkwavu yaboneyeho gusaba abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe, kuko ubutaka bwagiyemo imvura nyinshi ku buryo bworoshye cyane isaha n’isaha bwamanuka bigateza ikibazo.

Ikirombe cyishe bariya bantu gisanzwe gicukurwamo gasegereti na Company yitwa Wolfram Mining and Processing Ltd. Ni ikirombe giteye ku buryo bw’insature, umusozi ukaba ariwo waridukiye abo bacukuzi mu buryo bw’impanuka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *