Reverand Lucy Natasha bivugwa ko ari we muvugabutumwa w’ikizungerezi kurusha abandi muri Nairobi, kuri ubu aravuga ko atari we uzabona abonye umugabo bazashyingirana akamufasha gukomeza gukwirakwiza ubutumwa bwiza.
Natasha yahishuye amashyushyu afite yo kurongorwa ubwo yari mu kiganiro Episode 2 of Stori Yangu kinyura kuri televiziyo Maisha Magic kuwa Gatandatu.

Uyu muvugabutumwa w’imyaka 29 uzwiho kwerekana ubuzima buhenze abayemo, akaba umubwiriza w’uburanga kandi w’imfura mubana batatu bavukana, yavuze ko amaherezo yifuza kubaka urugo nyuma y’igihe kirekire ari ingaragu.
Muri icyo kiganiro nk’uko tubikesha Nairobinews, Rev. Natasha yagize ati “Ndashaka kuzashyingirwa umunsi umwe, urabizi kuko nizera ko kuba umuseribateri ari igihe kandi n’ubukwe ni igihe. Kandi umuntu w’umugabo mbona ejo hazaza hanjye turi kumwe ni umuntu wubaha Imana, umugabo ufite indangagaciro z’umuryango, umugabo nawe w’umufatanyabikorwa nagenewe. Ndashaka gushyingirana n’umuntu uzaba ari igeno ryanjye. Ndashaka kuzakorana n’umugabo wanjye. Ndashaka guha umugisha ikiremwamuntu mfatanyije n’umugabo wanjye .”

Rev. Natasha ni umwe mu bavugabutumwa bakize
Iyi nkuru irakomeza ivuga ko atari Natasha gusa wifuza gushaka umugabo iwabo kuko na nyina umubyara, Rev. Esther Wanjiru w’imyaka 56 nawe yifuza gushaka undi mugabo, kimwe na musaza we, Joseph Shaffique, ukora mu itorero rye kimwe na murumuna we Shifra ariko we wamaze kurongorwa.

Afite indege ye bwite n’umutungo ungana na miliyoni zisaga 690 Frw (kshs. 75 million)
Mu kiganiro yagiranye n’umunyarwenya, MC Jessy mu mezi atatu ashize, Rev. Natasha yahishuye ko hari n’umugabo bari kubyumva kimwe w’umunyamahanga kandi wishoboye .



2 Responses
Kenya: Rev. Natasha, ikizungerezi cy’umuvugabutumwa, cyahishuye umugabo cyifuza
ABAVUGABUTUMWA BARAGWIRA
Kenya: Rev. Natasha, ikizungerezi cy’umuvugabutumwa, cyahishuye umugabo cyifuza
ABAVUGABUTUMWA BARAGWIRA