Leta ya Mozambique yemeye gusinya amasezerano yemerera ibihugu 16 bigize Umuryango w’Iterambere ry’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Epfo (SADC), kohereza ingabo zabyo mu ntara ya Cabo Delgado.
Ni nyuma y’uko iriya ntara yakunzwe kwibasirwa n’ibitero by’inyeshyamba za Islamic State bimaze kugwamo abarenga 3,500, ari na byo ziriya ngabo zizaba zigiye kuburizamo.
SADC yemerewe kohereza muri Mozambique ingabo zayo nyuma y’ubwumvikane buke bwakunze kuyiranga yo na Leta ya Mozambique.
SADC yari yiteguye kohereza ingabo zayo kujya gutanga ubufasha muri Mozambique, gusa ku wa Kabiri w’iki cyumweru, Minisitiri w’Ingabo muri Afurika y’Epfo, Nosiviwe Mapisa-Ngakula, yabwiye itangazamakuru ko Mozambique itari yagasinye inyandiko yemerera uriya muryango kuyoherereza ingabo.
Yagize ati: “Niba kitasinye [igihugu cya Mozambique], birabuza akarere kose koherezayo abasirikare.”
Uyu Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize bwo yari yanenze Mozambique kuba yari yemereye ingabo z’u Rwanda kugera ku butaka bwayo mbere y’iza SADC, avuga ko ari ikibazo.
Ku wa Gatatu Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique, Jaime Neto, yikomye ubuyobozi bwa SADC bwari bwanenze icyemezo igihugu cye cyafashe cyo kwitabaza u Rwanda mu guhashya Islamic State.
Yabwiye Bloomberg ko Perezida Filipe Nyusi yishimiye ubufasha yahawe n’u Rwanda ndetse n’amasezerano ya SADC yo kohereza ingabo muri iki gihugu yiswe ‘Status of Forces Agreements’ na yo agomba gusinywa, ku buryo ibikorwa byo kwakira ingabo zivuye muri SADC bigomba guhita bitangira.
Perezida Nyusi ubwe yaherukaga gutangaza ko u Rwanda rwohereje ingabo zarwo muri Mozambique ku busabe bwe, asubiza abari bababajwe na byo ko Mozambique ari “igihugu cyigenga.”
Umuryango wa SADC ugizwe n’ibihugu 16, ari byo Angola, Botswana, Comoros, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eswatini, Lesotho, Madagascar, Malawi, Ibirwa bya Maurice, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y’Epfo, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.
Amakuru avuga ko nyuma y’uko Mozambique ihaye uburenganzira ingabo z’uriya muryango, hari izatangiye kujya muri kiriya gihugu, aho zizagera zisanga Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda 1,000 boherejwe mu ntara ya Cabo Delgado mu cyumweru gishize.



2 Responses
Kera kabaye Mozambique yemereye ingabo za SADC gusanga iza RDF i Cabo Delgado
None uyo Kayumba aguma amoka kuri buri kimwe coose
none yirirwa mw’itangazamakuru
ese yarindiririye ko afata ubutegetsi akabona kuvuga/gukora ivyo amaka
arafise IHUNGABANA PE
Kera kabaye Mozambique yemereye ingabo za SADC gusanga iza RDF i Cabo Delgado
None uyo Kayumba aguma amoka kuri buri kimwe coose
none yirirwa mw’itangazamakuru
ese yarindiririye ko afata ubutegetsi akabona kuvuga/gukora ivyo amaka
arafise IHUNGABANA PE