Impunzi y’Umurundi yitwa Ciza Alexandre iba mu mujyi wa Kigali mu Rwanda ivuga ko yo na bagenzi bayo bafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.
Ciza mu kiganiro yagiriye kuri Primo Media Rwanda, yasobanuye ko impamvu bashaka guhirika ubutegetsi bwa Ndayishimiye ari uko mu Burundi hari gukorwa ibyaha birimo ubwicanyi, ngo bikaba bikorwa n’abo mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD.
Indi mpamvu Ciza yavuze ngo ni uko mu Burundi haba hari gutegurwa jenoside ishobora kwicirwamo Abarundi bagera kuri miliyoni 8, akabishingira ku mibiri y’abantu bakomeje gutabururwa, bivugwa ko ari Abahutu bishwe mu mwaka w’1972.
Yagize ati: “Twebwe bitewe n’uko twabonye ko umuti urambye wo kugarukana amahoro n’umutekano mu Burundi ari uwo kurandurana n’imizi ubutegetsi karyanishamiryango bw’ishyaka CNDD-FDD kandi tugasanga ibyo kugira ngo bibe, bisaba gukoresha umuheto kuko kugeza uyu mwanya tuvugana, nta biganiro dukeneye hagati yacu na bo.”
Abajijwe niba hari abasirikare barimo gutegura ngo bazahirike ubutegetsi bw’u Burundi, Ciza yasobanuye ko impunzi zibamo ibyiciro bitandukanye; abasirikare n’abasivili, ati: “Kandi Imana iri mu ruhande rwacu.”
Bigeze kwandikira UN
Ciza ubwo yabaga mu nkambi ya Mahama hamwe na bagenzi be bandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres tariki ya 28 Nzeri 2021 bamumenyesha ko batifuza gutaha, kuko ibibazo bahunze bigihari.
Izi mpunzi zirimo izishinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza zamenyesheje Guterres ko mu gihe ibi bibazo birimo ubwicanyi no guhiga bukware abatavuga rumwe n’ubutegetsi bikiriho, bakwimurirwa mu bindi bihugu, aho gucyurwa.
Izi mpunzi zasabye UN ko mu gihe bitashoboka ko zimurirwa mu bindi bihugu, yazifashe kubohora u Burundi, ikabuvana mu maboko y’ubutegetsi bwa CNDD-FDD. Ziti: “Mudufashe kubona aho twerekeza cyangwa mudufashe kubohora igihugu cy’u Burundi, bukurwe mu maboko y’ubutegetsi karyanishamiryango…”
Soma iby’uru rwandiko muri iyi nkuru https://bwiza.com/?Bamwe-mu-Barundi-bashinjwa-kugerageza-guhirika-Nkurunziza-barashaka-ibihugu-byo
Ubusabe bw’u Burundi
Leta y’u Burundi yasabye u Rwanda kenshi kuyishyikiriza izi mpunzi ishinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza muri Gicurasi 2015, ariko rwo rwarabyanze rusobanura ko zifite amategeko mpuzamahanga azirengera, atemera koherezwa kwazo zitabigizemo ubushake.
Iki kibazo ni kimwe mu bikomeye byatumye umubano w’ibihugu byombi uzamba, imigenderanire n’ubuhanirane birahagarara kuva mu mwaka w’2015 wabereyemo iri geregezwa ryo guhirika ubutegetsi.
Gusa Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Prof. Nshuti Manasseh mu kiganiro yagiranye na The East African mu Kuboza 2020, yamaze impungenge u Burundi ko izi mpunzi zitazigera zikoresha ubutaka bwarwo kugira ngo batere u Burundi.
Prof. Nshuti yagize ati: “Icyo gushaka gukora ni ukubashyikiriza igihugu cya gatatu, aho bashobora kwimukira kure y’u Burundi. Gusa bitiriwe bigenda bityo, iki si ikibazo ku Burundi. Ntabwo bakoresha u Rwanda nk’ibirindiro kugira ngo batere u Burundi.”
N’ubwo aya magambo yatangajwe, Leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi zemeza ko zikiri kuganira ku buryo umubano wazo wakongera kuba mwiza, kandi ngo hamaze guterwa intambwe nziza. Ntibizwi niba mu ngingo ziganirwaho harimo irebana n’izi mpunzi.



8 Responses
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Ariko ntimukajye mukongeza urwangano hagati yibihugu byacu twarimo tujyerageza kubana neza nu burundi none namwe murimo kubyangiza muzana abasazi ngo barashaka guhirika ubutegetsi mukabicisha numunyamakuru fragment birababaje
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Ariko ntimukajye mukongeza urwangano hagati yibihugu byacu twarimo tujyerageza kubana neza nu burundi none namwe murimo kubyangiza muzana abasazi ngo barashaka guhirika ubutegetsi mukabicisha numunyamakuru fragment birababaje
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Birabaje umuntu wacishejeho ino nkuru ntago akunda igihugu pee
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Birabaje umuntu wacishejeho ino nkuru ntago akunda igihugu pee
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
iyo ni ingorane yo kubaho atakindi bafise bakora. aho rero bariko bateka imitwe, bashaka kuronka urwitwazo boshikiriza UNHCR ngo ibaronderere ubuhungira bavuga ko reta y’uburundi ibashakisha nk’abashaka gutembagaza ubutegetsi. bashaka nibatahe uburundi buri mu mahoro. otherwise bazicwa n’ibisazi nimba imitwe yabo yo guhabwa ubuhungiro i buraya.
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
iyo ni ingorane yo kubaho atakindi bafise bakora. aho rero bariko bateka imitwe, bashaka kuronka urwitwazo boshikiriza UNHCR ngo ibaronderere ubuhungira bavuga ko reta y’uburundi ibashakisha nk’abashaka gutembagaza ubutegetsi. bashaka nibatahe uburundi buri mu mahoro. otherwise bazicwa n’ibisazi nimba imitwe yabo yo guhabwa ubuhungiro i buraya.
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Aba bantu bakomeza kuduteranya n’abaturanyi numva batagahawe ijambo. Urumva ko niba hari ukuganira ku kuzagira umubano , nibasoma iyi nkuru ko hari abifuza kubahirika Kandi bari iwacu mu Rwanda birasubira irudubi.Murakoze
Kigali: Umurundi avuga ko we na bagenzi be bashaka guhirika Ndayishimiye
Aba bantu bakomeza kuduteranya n’abaturanyi numva batagahawe ijambo. Urumva ko niba hari ukuganira ku kuzagira umubano , nibasoma iyi nkuru ko hari abifuza kubahirika Kandi bari iwacu mu Rwanda birasubira irudubi.Murakoze