Killaman yakoze ubukwe bwa Miliyini 60 Frw

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi wa filime Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman muri sinema nyarwanda, yakoze ubukwe bwa Miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

Killaman yakoze ubukwe n’umugore we Umuhoza Shemsa nyuma y’imyaka igera ku munani babana mu buryo butemewe n’amategeko.

Ubukwe bw’uyu mukinnyi wa Filime bwavugishije benshi ku mbuga nkoranyamba kubera ukuntu bwagenze n’uko bwari buteguye.

Ku mbuga nkoranyambaga hagiye hazengura amakuru yavuga ko ubu bukwe bw’uyu mugabo w’abana babiri bwatwaye miliyoni 40, ni mu gihe abandi bamukwenaga bavuga ko yasesaguye muri ubwo bukwe.

Nyuma y’ayo magambo, Killaman yaje gushyirwa avuga amafaranga nyirizina ubukwe bwamutwaye.

Aganira na Igihe, Killaman yashimangiye ko ubukwe bwe bwamusizemo imvune ndetse bunamutwara amafaranga asaga miliyoni 60.

Yagize ati: “Ubukwe bwose n’imyiteguro yabwo yantwaye miliyoni 60 Frw.”

Si ibyo gusa, Killaman n’umuryango we bagiye kujya mu kwezi kwa buki mu birwa bya Zanzibar.

Ku itariki 2 Werurwe 2024 nibwo Killaman yasabye anakwa Umuhoza Shemsa bari bamaze imyaka 2 babana mu buryo bunyuranyije amategeko. Ubu bafitanye abana babiri.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Killaman yakoze ubukwe bwa Miliyini 60 Frw
    Ubwosi Ubwengendagusetse Biratangaje Gukoresha Ubukwebwa Miriyoni 60 Ubwose Nukwereka Abantuko Abarusha Amafaranga Ndagusetse Ndakugayegose Kandi Ejo Wahuranikibazo Ugatangira Kwaka Ubufasha Nka Fayamani Wigezegukora Impanuka Agatangira Kwaka Ubufasha Kandi Wabona Umuntu Uvuyeguhinga Ukamufata Nkumwanda Imberezawe Kandi Ejo Wahuranikibazo Akaba Ariwe Wiyambaza Bagebabareka .

  2. Killaman yakoze ubukwe bwa Miliyini 60 Frw
    Miliyoni 60 Frw ku bukwe, njye navuga ko uyu wabikoze ashobora kuba adaha agaciro ubuzima bwe n’ubwabandi bose bafitanye isano. Niba aribyo, akwiye kwibaza we ubwe akanisubiza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *