20250822103445_1477147775_1776508642884424657_640_417_85_webp

Kim Jong-un yasutse amarira kubera abasirikare be biciwe muri Ukraine 

Sangiza iyi nkuru

Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru, yagaragaye asuka amarira kubera abasirikare b’igihugu cye biciwe muri Ukraine aho bagiye gufasha ku rugamba ingabo z’u Burusiya.

Perezida Kim ubwo yavugiraga ijambo mu muhango wo kwibuka bariya basirikare yashimagije ku bw’ubutwari bagaragaje, yagaragaye abaririra.

Amafoto yashyizwe hanze n’itangazamakuru rya Leta ya Koreya ya Ruguru, yerekana Perezida Kim Jong-un wariraga ashyira ‘badges’ za gisirikare ku mafoto y’abasirikare biciwe muri Ukraine amanitse mu ngoro ye iherereye i Pyongyang.

Buri umwe mu basirikare 101 bapfuye, munsi y’ifoto ye imugaragaza yambaye impuzankano ya gisirikare hari handitse amazina ye yandikishijwe inyuguti za zahabu.

Uyu mugabo mu ijambo rye, yashimagije abasirikare be ku bwo kuyobora “Igisirikare cy’ubutwari”.

Yakomeje agira ati: “Umutima wanjye wuzuye ububabare kandi urarakaye, kuko nshoboye guhura n’abanyacyubahiro batanze ubuzima bwabo bw’agaciro kubera intsinzi nini n’icyubahiro, binyuze ku mafoto ari ku rukuta rw’urwibutso. Mu gihe mpagaze imbere y’imiryango yabuze abasirikare bapfuye, sinzi uko nagaragaza ukwicuza kwanjye no gusaba imbabazi ku bwo kuba ntarashoboye kurinda abahungu bacu b’igiciro.”

Perezida Kim Jong-un yashimiye abasirikare be ku bw’ubwitange no kutikunda bagaragaje mu butumwa boherejwemo, ashimangira ko byereka Isi ko Koreya ya Ruguru ifite ubushobozi bwo gutsinda intambara iyo ari yo yose.

Yahuye kandi n’abo mu miryango y’abasirikare bapfuye na bo bagaragaye barirana na we.

Amafoto menshi agaragaza Perezida Kim wari wafashwe n’imbamutima ahobera abana barimo barira, ndetse n’abasirikare; mbere yo guhurira na bo mu musangiro.

Bivugwa ko Koreya ya Ruguru yaba ifite muri Ukraine ingabo zibarirwa mu 12,000; aho zagiye gufasha iz’u Burusiya mu ntambara zirwanamo mu karere ka Kursk.

Ukraine na bimwe mu bihugu byo mu burengerazuba bw’Isi bavuga ko hapfuye abasirikare ba Koreya ya Ruguru babarirwa mu 4,000; mu gihe ubutasi bwa Koreya y’Epfo buvuga ko hashobora kuba harapfuye 600 na ho 4,700 bagakomereka.

Muri Kamena uyu mwaka Perezida Kim Jong-un na bwo yakoze umuhango wo guha icyubahiro abasirikare be biciwe muri Ukraine, ndetse icyo gihe na bwo yagaragaye abaririra.

N’ubwo Koreya ya Ruguru ikomeje gutakariza abasirikare mu ntambara yo muri Ukraine, iki gihugu gikomeje kuyoherezamo ingabo ndetse hari amakuru avuga ko abasirikare kihafite baba bamaze kugera mu 30,000.

20250822103446 1767540413 1776508642884424657 640 424 85 webp 20250822103446 1573167584 1776508642884424657 640 424 85 webp 20250822103445 1138807283 1776508642884424657 640 417 85 webp 20250822103445 1477147775 1776508642884424657 640 417 85 webp

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *