Kinshasa: Haravugwa agatsiko k’abagizi ba nabi gashaka kwibasira abayobozi

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’itangazamakuru wa Congo akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Lambert Mende, kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukwakira yagabweho igitero n’abantu bitwaje ibirwanisho bateye iwe mu gace ka Ngaliema, mu gihe kuri uyu munsi n’ubundi I Kinshasa akandi gatsiko k’abantu bitwaje ibirwanisho kateye mu rugo rw’umuvugizi w’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi, André-Alain Atundu, aho mu gihe hibazwa niba ibi bitero byateguriwe hamwe igipolisi kivuga ko gifite amakuru y’uko hari agatsiko k’abagizi ba nabi gashaka kwibasira abayobozi. Kubw’amahirwe aba bayobozi ntacyo babaye.

Nyuma y’igitero ku rugo rw’umuvugizi w’amashyaka yegamiye ku butegetsi, Gen Sylvano Kasongo, Umukuru w’Igipolisi cya Congo muri Kinshasa, yatangarije Radio Okapi ko igipolisi gifite amakuru ko hari abagizi ba nabi bashaka kugaba ibitero ku banyapolitiki I Kinshasa, aho yashimangiye ko iperereza ririmo gukorwa ngo hasenywe ako gatsiko.

Gen Kasongo yavuze ko igipolisi cyatangiye iperereza kuva ku Cyumweru mu gitondo, aho ngo abaturage babonye za bariyeri zishingwa mu mihanda mu rwego rwo gushakisha abo yise amabandi. Ati: “ Twari dufite amakuru ko hari agatsiko k’abanyabyaha gashimutira abakobwa muri taxi voitures ndetse bashaka no gutera abantu b’ingenzi. Iperereza riri gukorwa .”

Uyu mukuru w’igipolisi wemeza ko hagiye gukomeza ibikorwa byo gusaka imodoka zikoresha imihanda y’ingenzi ya Kinshasa, yongeyeho ko n’umutekano wakajijwe kun go z’abanyapolitiki b’ingenzi bashobora kwibasirwa.

Yakomeje avuga ko bakomeje gushaka abo banyabyaha bakoze ibitero byo kuri uyu wa Mbere, abaza niba bariyeri zashinzwe zibangamiye abaturage, niba abapolisi bari kubambura.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *