Kinshasa: Urubanza uwahoze akuriye ubutasi aregamo umunyamategeko Muyambo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa mbere, itariki ya 14 Kamena 2021 mu rukiko rwisumbuye rwa Gombe muri Kinshasa haratangira urubanza rw’uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (ANR), Kalev Mutondo, aregamo Jean-Claude Muyambo.

Aya makuru yemejwe nan’umunyamategeko Moba Cyprien, umwe mu bagize ihuriro ry’abavoka ryunganira uyu wahoze ari umuyobozi mukuru wa ANR. Nk’uko uyu munyamategeko abitangaza ngo uru rubanza ruje rukurikira ikirego Kalev Mutondo yashyikirije ubushinjacyaha ku rukiko rwa Kinshasa.

Nyuma y’iperereza ryakozwe mbere y’urubanza, ubushinjacyaha bwasanze ari ngombwa gukemura iki kibazo kugira ngo uregwa azaze yiregure ku byaha aregwa.

Umunyamategeko Moba Cyprien, avuga ko umukiriya we yashinje Jean-Claude Muyambo ibintu bigize ibyaha bitatu.

Yavuze ko ari ugusebanya, kumushinja ibinyoma no kwifatanya n’abagizi ba nabi.

Uyu yagize ati “Ntabwo ari impinduka mu rubanza rwashize aho Muyambo yashinjaga uwahoze ari AG Kalev Mutond. Iki ni ikindi kibazo. Muri uru rubanza, Kalev Mutondo ashinja Muyambo icyaha cyo kumuhindanyiriza isura, kumushinja ibinyoma no gusebanya. Twamenye ko arimo guca ibumoso n’iburyo, ashaka abantu banyuze muri ANR bo gushinja uwahoze ari umuyobozi”,

Iyi nkuru dukesha 7sur7.cd iributsa ko Urukiko rwa Kinshasa rwatangaje ko rudafite ububasha bwo kuburanisha urubanza umunyamategeko Jean-Claude Muyambo yashinjemo Kalev Mutondo iyicarubozo n’ibindi byaha bifitanye isano naryo.

Urukiko rwavuze ko rukurikije ububasha Kalev Mutondo yahawe, bitewe n’umwanya yari afite mu gihe cyo gutanga amakuru, urukiko rufite ububasha rwo kumucira urubanza ari Urukiko rw’Ubujurire.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *