Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakomeye bombi bakinira ikipe y’Igihugu ya Sudani.
Aba ni Sheiboub Sharaf na Mano John bombi bakina basatira izamu.
Buri umwe muri bo Kiyovu Sports yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri, yemeza ko yabasinyishije ibinyujije kuri Twitter yayo.
Iti: “Uyu munsi twakiriye ibihangange by’ibihe byose bibiri kuva muri Sudani. Mudukurikire kugira ngo mumenye byinshi ku bakinnyi bacu: Sheiboub Sharaf na Mano John.”
Kiyovu Sports yasinyishije aba bakinnyi bombi mu gihe amakuru avuga ko hari abo ishobora gutakaza mu bo yari isanganwe.
Umugande Emmanuel Okwi ni umwe mu bavugwa ko bashobora kuva muri iyi kipe, mu gihe Nshimirimana Ismael ‘Pitchou’ na Bigirimana Abedy bashobora kwerekeza muri Young Africans.


