img-20201125-wa0002.jpg

KNC yaregeye RIB abakwirakwije ifoto mpimbano y’ubwambure bwe

Sangiza iyi nkuru

Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’, uyobora Ikipe ya Gasogi United, yatanze ikirego muri RIB ngo ikurikirane umuntu wangije isura ye akwirakwiza amafoto mahimbano agaragaza ubwambure bwe avuga ko agamije kumusebya, kumuharabika no kumutesha agaciro muri rubanda.

Kuva kuwa 24 Ugushyingo 2020, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa ifoto igaragaza KNC atera Penaliti, yambaye ikoti n’ipantalo yacitse ku itako ku buryo igaragaza umubiri we ku gice cyo hasi.

Ifoto y’umwimerere y’iyahinduwe yafashwe ubwo KNC yari yitabiriye imyitozo ya Gasogi United, aho yanafotowe atera umuzamu we Penaliti Ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Ni amafoto yafashwe umunsi umwe imbere, ubwo uyu mugabo yari yitabiriye imyitozo y’ikipe ya Gasogi United FC abereye umuyobozi ndetse icyo gihe yagaragaye mu mashusho ari gutera penalite ari naho havuye ayo mafoto.

Mu ibaruwa KNC yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa RIB, (Rtd) Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko ayo mafoto yakwirakwijwe avanywe kuri Twitter ya Gasogi United FC maze ahindurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga (Photoshop).

KNC yavuze ko uwabikoze yari agambiriye kugaragaza ubwambure bwe kugira ngo bamusebye, bamuharabike ndetse bamuteshe agaciro muri rubanda.

Ati: “Ayo mashusho akaba yarakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Ayo mafoto nayabonye bwa mbere ku mbuga za WhatsApp za Football Fans Rwanda, ikaba yashyizweho n’uwitwa Julien.”

Uyu Julien KNC yayishyikirije RIB nomero ye ya terefoni, cyo kimwe n’uwitwa Brown Emmy wo mu rundi rubuga rwa WhatsApp rwitwa ‘Ruhago Fan Club’ kugira ngo babazwe iby’ariya mafoto.

img-20201125-wa0002.jpg

KNC yibukije RIB ko hari itegeko numero 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo yaryo ya 157, rigonga abakwirakwije iyi foto ye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *