Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje ko ikipe ye itasezerewe na APR FC mu mikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, ahubwo ko yakuwe mu irushanwa n’imisifurire.
Ibi yabivuze nyuma y’uko Gasogi United inganyije na APR FC 0-0 mu mukino wo kwishyura, igasezererwa ku giteranyo cy’igitego 1-0 yatsinzwe mu mukino ubanza.
KNC yavuze ko umusifuzi Habumugisha Emmanuel yanze igitego Gasogi United yatsinze hakiri kare, avuga ko habayeho kurarira. Yanagaragaje kutishimira uko umukino wasifuwe muri rusange.
Muri ½ cy’irangiza, APR FC izahura na Police FC, yo yasezereye AS Kigali ku giteranyo cy’ibitego 4-3.


