Pierre Buyoya wahoze ari Perezida w’u Burundi yatangaje ko kujya mu gihugu cye ngo agiye kuburana byaba ari nko kwiyahura kuri we.
Ibi Buyoya yabitangarije VOA Afrique nyuma y’aho ubutabera bw’u Burundi bumuhamije n’abandi bantu kugira uruhare mu iyicwa rya Perezida Ndadaye bukamukatira igihano cy’igifungo cya burundu.
Nyuma y’urwo rubanza, Pierre Buyoya ntiyatinze kugira ibyo aruvugaho ashimangira ko rwaciwe mu nyungu za politiki.
Mu kiganiro n’itangazamakuru yabajijwe niba azaba asubitse akazi ke ko guhagararira umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Mali no muri Sahel.
Buyoya yavuze ko uru rubanza rwabaye ku itariki 19 Ukwakira ari urubanza rwa politiki rwaciwe mu buryo buteye agahinda hirengagijwe amabwiriza yose y’amategeko.
Ati: “Dufashe rero umwanzuro wo kujurira imbere y’ubucamanza bw’u Burundi, ndetse n’imbere y’inkiko zo hanze igihe nikigera.”
Yakomeje agira ati: “Hagendewe ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, ndatekereza ko kwigaragaza hariya ngo ngiye kuburana byaba bihwanye no kwiyahura.”
Merchior Ndadaye wabaye Perezida wa mbere w’u Burundi watowe mu nzira ya demokarasi atsinze Buyoya mu matora, yagiye ku butegetsi ku itariki 10 Nyakanga 1993 yicwa n’abasirikare kuwa 21 Ukwakira muri uwo mwaka amaze amezi atatu gusa ku butegetsi.


