U Rwanda ntabwo ruri mu bihugu 12 byo muri Afurika, birimo iby’ibituranyi, biri ku rutonde rw’ibigomba kwakira urukingo rwa mbere rwa malaria rubayeho kuko iyi ndwara mu Rwanda yagabanutse cyane mu buryo bufatika, aho imibare iheruka igaragaza ko abicwa na malaria bavuye kuri 700 mu 2016 bagera kuri 69 mu 2021 .
Ku itariki ya 5 Nyakanga, nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO)na GAVI, batangaje ko ibihugu 12 byo mu turere dutandukanye two muri Afurika biteganijwe ko mu myaka ibiri iri imbere bizakira doze miliyoni 18 z’urukingo rwa mbere rwa malaria rubayeho.
N’ubwo rwagaragaje ubushake bwo kubona uru rukingo igihe rwari rukirimo gukorwaho, u Rwanda ntirwatoranijwe mu bihugu bizabona urukingo mu myaka ibiri ibanza.
Umuvugizi w’ikigo GAVI, the Vaccine Alliance, umufatanyabikorwa wa WHO mu kugeza inkingo mu bihugu bikennye, yatangarije ikinyamakuru The New Times ko icyabiteye ari uko ubu urukingo rugomba kubanza kwibanda ku bihugu bifite ibyago byinshi byo kubamo malaria, kandi ubu u Rwanda rutari muri byo.
Ati: “Kubera inkingo nke …, kuri ubu twibanze ku gukwirakwiza urukingo rwa malaria mu turere turukeneye cyane, aho usanga ibyago byinshi byo kurwara malariya kandi impfu z’abana ziri hejuru. Kubera iyo mpamvu, u Rwanda ntirwigeze rusaba muri iki cyiciro, ariko GAVI izakomeza gufungura amadirishya asanzwe kugira ngo ibihugu bisabe inkunga y’urukingo rwa malariya ”,
Ibihugu bya Ghana, Kenya na Malawi, Benin, Burkina Faso, u Burundi, Cameroun, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Liberia, Niger, Sierra Leone, na Uganda bizabona urukingo mbere kandi biteganijwe ko bizarushyira muri gahunda zabyo zo gukingira.
Dr Aimable Mbituyumuremyi, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya malariya mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima(RBC), yasobanuye uburyo ikibazo cya malariya mu Rwanda cyagabanutse mu myaka yashize.
Ati: “Nkurikije imibare, ntekereza ko tutagomba kuza mu bihugu bya mbere byakwakira urukingo kuko umutwaro wa malariya mu Rwanda wagabanutse rwose ku bijyanye n’abana bapfa bazize malariya cyangwa abafashwe na malariya ikabije”
Imibare yatanzwe na RBC yerekana ko indwara ya malariya yagabanutse ikava kuri miliyoni eshanu bayirwaraga mu 2016 ikagera kuri miliyoni imwe mu 2021, ibyo habaye no kugabanuka kwa malaria y’igikatu yavuye ku bantu 18.000 muri 2016 ikagera ku bantu 2000 mu 2021, mu gihe impfu ziterwa na malariya zagabanutse ziva kuri 700 muri 2016 zigera kuri 69 mu 2021.
Urukingo rwiswe RTS, S / AS01, rwamaze guhabwa abana barenga miliyoni 1.7 bo muri Ghana, Kenya, na Malawi kuva mu mwaka wa 2019 kandi byagaragaye ko rutekanye kandi rukora neza, bituma haba igabanuka rya malariya y’igikatu ndetse n’impfu z’abana.
Malariya ikomeje kuba imwe mu ndwara zihitana abantu benshi muri Afurika, aho ihitana abana bagera kuri kimwe cya kabiri cya miliyoni bari munsi y’imyaka itanu, kandi bangana na 95% by’abanduye malariya ku Isi na 96% bapfuye mu 2021.


