Kwizera Olivier yaba yavuye mu byo gusezera, yitezwe guhamagarwa n’Amavubi

Sangiza iyi nkuru

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier, biravugwa ko yamaze kwisubira ku cyemezo cyo gusezera ku mupira w’amaguru yaherukaga gufata.

Amakuru y’uko uyu musore w’imyaka 27 y’amavuko yafashe icyemezo cyo kugaruka mu mupira w’amaguru yari amaze iminsi avugwa, mbere yo gukaza umurego ku mugoroba w’ejo.

Byitezwe ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo bimenyekana ku mugaragaro ko Kwizera Olivier yagarutse mu mupira w’amaguru, ndetse bikaba binitezwe ko ahamagarwa mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ bagomba kwitegura ikipe y’igihugu ya Mali mu mikino y’ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Ku wa 22 Nyakanga ni bwo Kwizera Olivier yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru, nyuma gato y’uko yari amaze kuva muri gereza aho yari afunzwe azira gukoresha ibiyobyabwenge.

Amakuru avuga ko uyu munyezamu yamaze gutangira ibiganiro na AS Kigali nk’umusimbura wa Ndayishimiye Eric Bakame uri mu biganiro na Musanze FC.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *