Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo kuva muri Gambia

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo bari mu gihugu cya Gambia kuhava mu gihe hakomeje kwikangwa imirwano yo gukuraho perezida Yahya Jammeh uherutse kwanga ibyavuye mu matora.

Nyuma yo gutsindwa amatora yo kuwa 01 Ukuboza 2016, perezida Yahya Jammeh yemeye ko yatsinzwe ariko nyuma aza kwisubira yanga ibyavuye mu matora avuga ko yibwe amajwi.

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerikai Banjul mu murwa mukuru wa Gambia, yatumije inama yagiranye n’Abanyamerika baba muri Gambia kuri uyu wa Gatanu, itariki 06 Mutarama, ari nayo yatangiwemo amabwiriza yo kuva muri iki gihugu.

Ishyaka rya perezida Yahya Jammeh, Alliance for Patriotic Reorientation and Construction (APRC), kuwa 13 Ukuboza ryagejeje ikirego cyamagana ibyavuye mu matora ku rukiko rw’ikirenga, aho biteganyijwe ko iki kirego kizumvwa bwa mbere kuwa 10 Mutarama habura iminsi 9 ngo Adama Barrow watsinze amatora arahire.

Igisirikare cy’iki gihugu cyiyemeje gushyigikira perezida Jammeh nubwo akomeje kwamaganwa, mu gihe uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwo ruvuga ko rukomeje gutegura irahira rya Barrow nk’uko Africanews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Perezida Jammeh yanze ibiganiro bigamije amahoro biyobowe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu uhuje ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba) avuga ko bibogamye. Uyu muryango ukaba unateganya kuba wakoresha ingufu ugakuraho perezida Jammeh ubutegetsi bugahabwa uwatowe n’abaturage.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *