Liverpool itwaye igikombe cya UCL nyuma y'imyaka 14-amafoto

Sangiza iyi nkuru

Uyu wa gatandatu, tariki ya 1, Liverpool itwaye igikombe cya UEFA Champions League nyuma y’imyaka 14 itagikozaho intoki. Igitwaye itsinze Tottenham Hotspur ibitego 2-0.

Ku kibuga cya Atletico Madrid, Wanda Metropolitano, umukino watangiye saa tatu z’ijoro ku masaha yo mu Rwanda.

Umukino ugitangira, Liverpool yahise ibona penaliti yaturutse ku mupira Sadio Mane yateye ku kuboko kwa Sissoko, Mohammed Salah arayinjiza. Liverpool ubwo yahise yandika igitego cya 1 ku munota wa mbere, igikombe gitangira kuyisatira.

Amakipe yombi yakomeje gukina, ashakisha ibitego biranga. Twakunze kubona abakinnyi nka Heung Min Son muri Tottenham wageragezaga kotsa igitutu ba mwugariro ba Liverpool nka Virgil Van Djik ariko bagakora uko bashoboye ntabacike. Harry Kane na we byabaye uko nguko. Ku ruhande rwa Liverpool, Sadio Mane Mohammed Salah na Alisson Becker nk’uko bisanzwe ni inkingi za mwamba muri iyi kipe.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari cya gitego cya Liverpool rukumbi.

Ku munota wa 58, Roberto Firimino wambara nimero 9 yasimbuwe na Divock Origi ku ruhande rwa Liverpool, ku wa 62 James Milner asimbura Wijnaldum.

Ku wa 66, Harry Winks wa Tottenham yasimbuwe na Lucas Moura, ku wa 74, Eric Dier yasimbuye Sissoko wagize akabazo k’imvune, 82 Dele Ali asimburwa na Fernando Llorente.

Divock Origi yatsindiye Liverpool ikindi gitego ku munota wa 87, Tottenham yatekerezaga kwishyura irekura igikombe.

Ku munota wa 90, Sadio Mane yahise ava mu kibuga, asimburwa na Joe Gomez.

Igitego cya Divock Origi kikimara kujyamo, ibirori by’abafana ba Liverpool i Wanda Metropolino byatangiye. Abasimbura na bo bumvaga umukino utinze kurangira ngo basange ababaserukiye mu kibuga, bishimane mu birori.

Iyi Liverpool yaherukaga igikombe cya UCL mu 2015, ubwo yatwaraga icya 5. Iki kibaye icya 6.

Real Madrid ifite 13, AC Milan ikagira 7. Aya ni yo makipe ari imbere ya Liverpool muri iri rushanwa. Za Bayern Mà¼nchen na FC Barcelona zo zifite 5 imwe imwe.

Ngaya amafoto yo kuri uyu mukino;

tag reuters.com2019 newsml RC1265DB1C10
Alisson Becker yigaragaje cyane
tag reuters.com2019 newsml RC128CED3110
Salah yari amaze gutsinda igitego cya mbere
tag reuters.com2019 newsml RC18B851BD20
Sadio Mane atanga akazi gakomeye
tag reuters.com2019 newsml RC14EEDD38F0
Ishoti ya Origi atsinda igitego
tag reuters.com2019 newsml RC14BBE809D0
Ni uku bishimye
tag reuters.com2019 newsml RC1F9A392A00
Van Djik mu kazi ko kugarira
tag reuters.com2019 newsml RC1BF20C7310
Mberey’uko umukino utangira
Tottenham
Ijoro ribihiye Tottenham yari igiye kwandika amateka
tag reuters.com2019 newsml RC13DFA3DD00
Jurgen Klopp ahumuriza Potchettino wa Tottenham

Liver

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *