Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umuhungu w’imyaka 17 yashinjwe mu rukiko na polisi ya Merseyside ibyaha bitatu by’ubwicanyi, ibyaha icumi byo gushaka kwica no gutunga ibikoresho bityaye .
Kuri uyu wa Kane, uyu musore udashobora gutangazwa amazina ye kubera impamvu zemewe n’amategeko, yitabye urukiko rw’ibanze rwo mu Mujyi wa Liverpool ruzwi nka Liverpool City Magistrates’ Court.
Mu iburanisha, byatangajwe ko uregwa aza kwitaba urundi rukiko rwo muri uyu Mujyi rwitwa Liverpool Crown Court mu masaha akuze kuri uyu wa Kane nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Polisi ya Merseyside yemeje ko uyu mwana w’imyaka 17 yavukiye i Cardiff ku babyeyi b’Abanyarwanda, kandi ko bigaragara ko ntaho ahuriye n’idini ya Islamu, kandi badakora iperereza kuri icyo gitero nk’iterabwoba.
Uyu munsi Kandi, biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe yakira abayobozi bakuru ba polisi ku biro bye kugira ngo baganire ku mvururu zatewe n’ubwicanyi bwakorewe abana bari mu mahugurwa yo kubyina batewe icyuma n’uregwa mu minsi ishize, batatu bagapfa abandi bagakomereka.


