ZRIJRQBBPRN3TLZFK4VGKEUS5A_copy_1000x611

M23 iryamiye amajanja nyuma y’ubwato 2 butwaye abasirikare 1,125 ba FARDC bwageze muri Uvira

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama wongeye gutanga impuruza ku rujya n’uruza rw’ingabo zo ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ibikoresho byazo bya gisirikare rukomeje kugaragara mu bice bitandukanye bikikije uturere ugenzura.

Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka mu mpuruza yatanze ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama, yagaragaje ko urujya n’uruza rwa ziriya ngabo rwerekena ko Kinshasa igishyize imbere “umugambi mugari w’intambara”; nyamara mu kwezi gushize yarasinyanye na AFC/M23 amahame ngenderwaho aganisha ku guhagarika intambara.

Kanyuka avuga ko urujya n’uruza rw’ingabo za Leta no kuzohereza ahantu hatandukanye rumaze iminsi rugaragara mu duce twa Nzimbira, Mwenga, Bunyakiri, Kibua, Pinga na Uvira two mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Yagaragaje kandi ko umugambi wo kubura intambara ukomeje gucurirwa mu bice bya Kindu-Shabunda, Kinshasa-Bujumbura, Kisangani-Walikale na Kalemie-Uvira.

Kanyuka yavuze ko nko ku Cyumweru tariki ya 10 Kanama hari ubwato bubiri bwageze mu mujyi wa Uvira wo muri Kivu y’Amajyepfo buturutse mu wa Kalemie wo mu ntara ya Tanganyika, butwaye abarwanyi bo ku ruhande rwa Leta 1,125.

Uruhande rwa M23 ruvuga ko urujya n’uruza rw’ingabo za Leta n’intwaro zazo muri iyi minsi ruri kujyana n’ibitero bigambiriwe biri kugabwa mu duce dutuwe n’abaturage benshi b’abasivile bigasiga bamwe bapfuye abandi bagakomereka; ibyerekana ko ubutegetsi bw’i Kinshasa bukomeje “kuzamura nkana umwuka mubi no kubangamira inzira y’amahoro ikomeje.”

Uyu mutwe washimangiye ko ingabo zawo ziryamiye amajanja byo mu rwego rwo hejuru, uti: “Umuryango wacu uryamiye amajanja ku rwego rwo hejuru kandi urashimangira umuhate wawo wo kurinda abaturage b’abasivile ndetse no gutanga umusanzu mu gukemura amakimbirane akomeje.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *