Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane biravugwa ko waba wamaze kwigarurira imisozi ya Kilolirwe yo mu gace ka Nturo ho muri Teritwari ya Masisi.
Mu misozi by’umwihariko amakuru avuga ko abarwanyi b’uriya mutwe bafashe, harimo uwa Gictwa uvuze ikintu gikomeye mu rugamba bahanganyemo n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abakurikiranira hafi iriya ntambara bavuga ko gufata iriya misozi iherereye mu bilometero 30 uvuye mu mujyi wa Sake bishobora gufungurira inyeshyamba za M23 kwigarurira uriya mujyi wo muri Teritwari ya Masisi.
Mu gihe Sake yaba ifashwe kandi, hari impungenge z’uko M23 yahita ifunga umuhanda munini uhuza uhuza uyu mujyi n’imijyi ya Bukavu na Goma; bityo Goma igasigara mu icuraburindi bijyanye n’uko amarembo yose ayinjiramo yaba yamaze gufungwa n’inyeshyamba.
Kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane imirwano yari igikomeje hagati y’inyeshyamba ndetse n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC).


