Umutwe wa M23 warahiriye kwihorera ku ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), nyuma yo kwica abasirikare babiri bawo bakuru nk’uko wabyemeje.
Ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama ni bwo Ingabo za Congo zifatanyije n’izirimo iz’u Burundi ndetse na SADC zagabye ibirindiro bikomeye ku birindiro bya M23.
Amakuru avuga ko ibirindiro byatewe birimo iby’uriya mutwe wari ufite mu gace ka Kitshanga, ndetse bivugwa ko hari abasirikare bawo benshi bishwe.
M23 biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yavuze ko hari abasirikare bayo bakuru biciwe mu bitero byo ku wa Kabiri.
Iti: “M23 yubashye abayobozi b’akarere n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bashyizeho agahenge Kinshasa yirengagije. Ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama 2024 ubutegetsi bwa Kinshasa nanone bwishe agahenge kashyizweho, binyuze mu gutera ingabo zacu ku mirongo y’urugamba ndetse yica ba ‘komanda’ bacu babiri.”
M23 ntiyigeze itangaza amazina y’abasirikare bayo bivuganwe na FARDC, gusa amakuru avuga ko mu bishwe harimo Colonel Elise Mberabagabo ‘Castro’ wari ukuriye ubutasi muri uriya mutwe.
M23 mu itangazo ryayo yateguje Kinshasa ko igiye kuyicanaho umuriro mu rwego rwo kwihorera.
Iti: “Guhera ubu, M23 yumvise ubutumwa yohererejwe na n’ubutegetsi bwa Kinshasa, kandi izasubiza uko bikwiye.”


