20250123_70928_copy_996x560

M23 yasabye FARDC na Wazalendo kuyitiza amaboko

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wasabye abasirikare bo mu ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo kuwiyungaho, bagafatanya urugamba rwo kubohora RDC ubutegetsi bubi.

Uyu mutwe biciye mu bavugizi bawo, washinje ba Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba bahuriye mu mugambi wo gukorera Jenoside abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi n’Abanyamulenge, yiyemeza kuwuburizamo.

Ni umugambi M23 ivuga ko bariya ba Perezida bombi batangije bagendeye ku makuru atari yo avuga ko mu karere k’ibiyaga bigari haba hari gutegurwa kubaka ubwami buzaba buyobowe n’abantu bo mu bwoko bw’aba Nilotiques.

Uyu mutwe washimiye abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo bamaze kwitandukanya na Leta ya RDC n’iy’u Burundi bakawuyoboka, umenyesha n’abandi babyifuza bose ko amarembo afunguye.

Lt. Col Willy Ngoma uvugira igisirikare cya M23 abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko “ARC irashimira bamwe mu ngabo za FARDC n’abiyita Wazalendo banze gushyira mu bikorwa umugambi [wo gutsemba Abatutsi] wa ba Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye, bagahitamo kwigiza na M23/AFC.”

Yunzemo ati: “ARC irashishikariza izindi ngabo za FARDC na Wazalendo kwihuza na M23/AFC, Kugira ngo dufatanyije tuzashobore kubohora abanye-Congo muri rusange babangamiwe n’iyi Guverinoma ya ntibindeba, y’abajenosideri kandi itemewe.”

M23 yanamenyesheje abarimo Ingabo za SADC ziri muri RDC n’iza MONUSCO ko ntacyo ipfa na zo, ivuga ko ikibazo rukumbi ifitanye na zo ari uko zihuje n’ihuriro rigizwe na FARDC, FDLR n’Abarundi; izisaba kwitandukanya na ryo.

M23 yavuze ibi nyuma y’iminsi mike yigaruriye uduce twa Minova na Bweramana two muri Teritwari ya Kalehe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uyu mutwe uvuga ko ingabo za RDC, FDLR n’u Burundi zirukanwe muri turiya duce zigiteje ikibazo, wiyemeza kuzisanga iyo zituruka ukazigiza kure.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *