Umutwe wa M23 washimiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, nyuma yo kongera gufungura imipaka yose ihuza ibice bya RDC ugenzura na Uganda.
Ku wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga ni bwo Uganda yafashe icyemezo cyo kongera gufungura iriya mipaka.
Icyemezo cy’uko yongeye gufungurwa cyatangajwe n’umuvugizi w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba.
Colonel Chris Magezi yanditse mu izina rya Gen. Muhoozi ku rubuga rwe rwa X ati: “Perezida akanaba Umugaba w’Ikirenga wa UPDF yavuze ko imipaka yose iherereye hafi y’ibirindiro bya M23 ihita yongera gufungurwa by’aka kanya. Iyo ni uwa Bunagana, Ishasha n’ahandi. Nta kintu na kimwe kigomba guhagarika ubucuruzi bw’abaturage bacu.”
Gen. Muhoozi abicishije mu muvugizi we, yunzemo ko hagomba gukorwa iperereza hakamenyekana abayobozi bari baratumye ubucuruzi karemano hagati y’abanye-Congo n’abanya-Uganda buhagarara.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Nyakanga ni bwo imipaka yongeye gufungurwa ku mugaragaro.
M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yashimiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku bwo kongera gufungura iriya mipaka.
Yanditse kuri X ati: “Turashimira Perezida wa Repubulika ya Uganda, Nyakubahwa Yoweri Museveni, ku bw’icyemezo cye cyo kongera gufungura imipaka yose yo mu burasirazuba bwa Congo. Byerekana ubuyobozi bwita ku nshingano bushyira abaturage mu mutima w’ibikorwa byose bya Politiki.”
Muri 2022 ni bwo imipaka irimo uwa Bunagana yafunzwe, nyuma y’uko inyeshyamba za M23 zari zimaze kwigarurira ibice bitandukanye birimo n’Umujyi wa Bunagana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro muri Uganda kivuga ko ifungwa ry’iriya mipaka ryahombyaga iki gihugu arenga miliyoni 500 z’amashiringi buri mwaka.


