M23 yasubije Lutundula wayishinje kuyobya uburari, ivuga ko iri guterwa n’abarimo abacancuro

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wasubije Minisitiri Christophe Lutundula w’Ububanyi n’Amahanga muri Congo Kinshasa wavuze ko utigeze uva mu birindiro byawo bya Kibumba na Rumangabo, uvuga ko yabeshye.

Ku wa Gatatu tariki ya 18 Mutarama Minisitiri Lutundula yasohoye itangazo ashinja M23 kutubahiriza ibikubiye mu masezerano ya Nairobi na Luanda agamije gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke uri muri Congo.

Inama y’abakuru b’ibihugu by’akarere yateraniye i Luanda muri Angola ku wa 23 Ugushyingo 2022, yasabye M23 guhagarika imirwano n’Ingabo za Congo hanyuma ukava mu duce twose tw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru umaze igihe warigaruriye.

Inama y’Abagaba b’Ingabo z’ibihugu by’akarere yateraniye i Dar es Salaam muri Tanzania ku wa 15 Ukuboza 2022, yahaye M23 itariki ya 15 Mutarama uyu mwaka nk’itariki ntarengwa yo kuba yamaze kubahiriza ibyo yasabwe.

Minisitiri Lutundula mu itangazo yasohoye yasabye amahanga gufatira ibihano uriya mutwe n’abayobozi bawo, nyuma yo kuwushinja kutubahiriza ibyo wasabwe.

Lutundula kandi yavuze ko M23 itigeze iva muri Kibumba na Rumangabo nk’uko yabitangaje, ngo kuko icyo yakoze ari ukuyobya uburari mu rwego rwo kubeshya amahanga.

Yavuze ko M23 ikiri i Kibumba na Rumangabo ndetse ikaba “ikomeje kujujubya abaturage ibishyuza imisoro.”

M23 biciye mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wayo mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyatangajwe na Minisitiri Lutundula ari ibinyoma.

Iti: “Bitandukanye n’ibyavuzwe mu itangazo, M23 iremeza ko yavuye mu birindiro byayo bya Kibumba na Rumangabo, ku wa 23 Ukuboza 2022 no ku wa 06 Mutarama 2023. M23 kuva icyo gihe initeguye gutanga n’ibindi bice nk’uko biteganywa n’inama ya Luanda.”

M23 yavuze ko yubahiriza ibyo yasabwe igendeye kuri gahunda y’ibyavuye mu nama yo ku wa 31 Ukuboza 2022 yayihuje n’Ingabo za EAC ziri muri RDC, akanama gashinzwe ubugenzuzi kashyizweho, urwego rwa EJVM ndetse na ICGLR.

Yavuze ko uretse kuba ikomeje kubahiriza ibyo yasabwe, Leta ya Congo ku rundi ruhande itigeze ihagarika imirwano nk’uko na yo yabisabwe; bijyanye no kuba ihuriro ry’Ingabo zayo zikomeje kugaba ibitero ku birindiro bitandukanye bya M23.

Ni ibitero uriya mutwe uvuga ko uri kugabwaho i Kitchanga n’abarimo FDLR, NYATURA, APCLS, CODECO, PARECO na MAI-MAI, ndetse n’abacanshuro b’Abanyaburayi.

Ni imitwe Guverinoma y’i Kinshasa yari yarasabwe kwambura intwaro hanyuma igasubiza abayigize mu buzima busanzwe, ibyo itigeze yubahiriza na rimwe.

M23 yongeye gushimangira ko itazicara ngo irebere mu gihe iriya mitwe ikomeje kuyigabaho ibitero ari na ko ikomeza kwica abaturage.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. M23 yasubije Lutundula wayishinje kuyobya uburari, ivuga ko iri guterwa n’abarimo abacancuro
    Erega muri iki kinyejana ntawabeshya isi yose ngo ukuri kutajya ahagaragara! M23 ntiyavuga ko yubahiriza amasezerano ya Luanda mu gihe kuya 15 z’uku kwezi itavuye mu duce yasabwe kuvamo. Iriya milyango ivugako ireberera iyubahirizwa ly’amasezerano niyo ishinja M23 kwigira nyoni nyinshi no kuliganya mu mikorere yayo. FARDC ifite inshingano zizwi naho imitwe yitwaje intwaro harimo na M23, ntifite inshingano zo kurinda abaturage (ngo b’ubwoko bumwe).

    1. M23 yasubije Lutundula wayishinje kuyobya uburari, ivuga ko iri guterwa n’abarimo abacancuro
      Njewembona M23 Yaragerageje kubahiriwa Ibyo yasabwe Niba yaravuye Muri kibumba kubushake ikava Rumangabo
      Kumugaragaro Kandi mbereyogusubira Inyuma yariyagaragaje Impungenge
      Zuko Ishobora gusubira Inyuma hanyuma FARDC Ikababesha Ikazakubarasa
      None Ko M23 Igikorwa cyokubahiriza Ibyo yasabwe yagitangiye
      FARDC ntigaragaze nakimwe
      Mubyo yasabwe harimo gukomeza gukorana niyomitwe igomba kwamburwa itwaro none urikumva izompungenge M23 itabura kuzigira nonese urikumva yoyakomeza kuva nomubindibice Ufite ntanakimwe Uwo bahanganye
      Agaragaza ?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *