Ubwo hari ku cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2016, nibwo inkuru yasakaye hose ko Major Desire Uwamahoro, umupolisi mu Burundi yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe iperereza ndetse anashinjwa amariganya. nyuma yo kurangiza igifungo cy’amezi 3 ubu yarekuwe.
Major Desire Uwamahoro yari akurikiranweho icyaha cyo kwiba amadorali asaga ibihumbi 200 umunyamahanga wari waje kugura zahabu mu Burundi, akatirwa gufungwa amezi 3 mu gihe yasabirwaga gufungwa umwaka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Major Uwamahoro yashyize ku rutonde muri raporo yashyizwe hanze na Loni, ashinjwa ubwicanyi yakoreye abigaragambyaga bamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza.
Uretse ubu bwicanyi bwabaye kuva 2015, hari n’ubundi bwicanyi Uwamahoro ashinjwa yakoze mbere, aho yari yaranakatiwe igifungo cy’imyaka 5 ariko ntiyagikora ahubwo ahita ashingwa kuyobora abapolisi kabuhariwe bashinzwe guhangana n’abarwanya Nkurunziza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


