Indwara ya Malaria imaze kwica Abarundi 1,800 mu mezi arindwi ashize nk’uko raporo ya LONI ibyemeza.
Agashami ka LONI gashinzwe ibikorwa byo kurengera ikiremwamuntu (OCHA) gatangaza kandi ko Kimwe cya Kabiri cy’Abarundi cyagezweho na Malariya mu 2019 kuko abaturage miliyoni 5 n’ibihumbi 700 bagezweho n’iyi ndwara mu gihe iki gihugu gituwe na miliyoni 11.
Muri Gicurasi uyu mwaka OCHA yatangaje ko uburyo Malaria iri kwica abantu mu Burundi, byakwitwa icyorezo kibasiye iki gihugu.
Kuri iki kibazo, OCHA yatangaje ko hakwiriye ubufatanye n’ubuyobozi bw’u Burundi n’abandi bafatanyabikorwa mu rwego rwo guhangana na Malaria mu Burundi.
Kugeza ubu, nk’uko OCHA yatangarije AFP dukesha iyi nkuru kuba LONI itaratangaje ko Malariya yabaye icyorezo muri iki gihugu ari “ Ubusugire bw’Uburundi.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Umuyobozi utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko Leta itakwemera gutangaza aya makuru bitewe n’amatora ya Perezida atagerejwe mu 2020.


