Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Malawi banenze guverinoma nshya ya Perezida Lazarus Chakwera, kuba yiganjemo benshi bafitanye isano n’abavuka mu gace avukamo.
Tariki ya 6 Nyakanga 2020, ni bwo Perezida mushya wa Malawi Lazarus Chakwera yashyizeho guverinoma nshya izamufasha kuyobora iki gihugu. Iyi guverinoma ye ikomeje kunengwa n’abatavugarumwe n’ubutegetsi ko yiganjyemo abantu bafitanye isano ya hafi na we ku kigero cya 70%, abo bakaba bakomoka mu gace Chakwera avukamo.
Ingero z’amasano ya hafi avugwa muri Guverinoma ni nk’aho Sidik Mia wahanganye na Chakwera mu matora yagizwe Minisitiri w’Ubwikorezi, umugore we Abida Mia akagirwa Minisitiri Wungirije w’ubutaka.
Kenny Kandodo wagizwe Minisitiri w’Umurimo, mushiki we Khumbize Kandodo aba Minisitiri w’Ubuzima.
Hari kandi Umucuruzi Gospel Kazako wagizwe Minisitiri w’Itumanaho, mu gihe muramukazi we Agnes Nkusa Nkhoma yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi Wungirije.
Perezida Chakwera kandi yagize Modercai Msiska Minisitiri w’Ubutabera arabyanga. Msiska asobanura impamvu yanze umwanya muri Guverinoma, yavuze ko yanze ko abantu bakeka ko ari igihembo ahawe kuko yunganiraga Perezida Chakwera mu mategeko ubwo yatangaga ikirego mu rukiko rw’ikirenga avuga ko uwari Perezida Peter Mutharika yibye amajwi mu matora.
Lazarus Chakwera yagiye ashinja uwo yasimbuye, Peter Mutharika icyenewabo n’akazu mu gushyiraho guverinoma.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bahise batangira kunenga Chakwera, nyuma y’uko ntacyo yahinduye. Aba 70% mu bagize guverinoma ya Malawi ni abavuka mu gace ko hagati mu gihugu, ahiganje cyane abo mu ishyaka rya politiki rya Malawi Congress Party, riri ku butegetsi.
Perezida Lazarus Chakwera , yarahiriye kuyobora Malawi kuwa 28,Kamena uyu mwaka. Asimbuye Peter Muthalika yatsinze mu matora.


