Leta y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye Niyongira Théoneste uzwi nka Kanyoni, nyuma yo kwirukanwa ku butaka bwa Malawi.
Niyongera akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu mugabo ari mu mpunzi z’Abanyarwanda n’Abarundi zikabakaba 400 Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Malawi iheruka kwirukana muri iki gihugu, kuko zahabaga mu buryo butemewe n’amategeko.
U Rwanda rwemeje ko rwamwakiriye binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n’ubushinjacyaha bukuru (RNPPA).
Uru rwego rwatangaje ko rwamwakiriye ku Cyumweru tariki ya 11 Kamena 2023, “nyuma yo kwirukanwa ku butaka bwa Malawi.”
Niyongera Théoneste yageze mu maboko y’ubushinjacyaha bw’u Rwanda mu gihe ku wa 15 Mata 2019 ari bwo yari yarashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi.
Uyu mugabo akekwaho kugira uruhare mu byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi byakorewe mu yahoze ari Komine Ndora iri mu zari zigize Perefegitura ya Butare.


