20250803_145159

Mama Mukura yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Mukanemeye Madeleine wamenyekanye cyane ku izina rya Mama Mukura, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Kanama 2025, azize uburwayi, aho yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya CHUB i Butare.

Uyu mukecuru yapfuye afite imyaka 103. Yamenyekanye nk’umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports ndetse n’Amavubi, yavutse mu 1922 mu Karere ka Gisagara.

Yatangiye gukunda umupira akiri muto ndetse avuga ko yakinnye ruhago incuro nke akiri inkumi.

Ku myaka 43 yashatse ariko ntiyabyaye. Yabaye hafi y’iyi kipe kuva yashingwa mu 1963, akaba yaramenyekanye mu gihugu hose nk’intangarugero mu bufana n’urukundo rwa siporo.

Ubuyobozi bwa Mukura VS bwatangaje ko buri gutegura umuhango wo kumusezeraho mu cyubahiro, bufatanyije n’umuryango we n’abakunzi ba siporo.

Mama Mukura azibukirwa ku bushake, umuhate n’uruhare yagize mu guteza imbere umuco w’ubufana nyakuri mu Rwanda.

 

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *