Ikipe ya Marines FC yaguye miswi na APR FC ibitego 2-2, bituma APR FC yatsinze Bugesera FC ifata umwanya wa mbere by’agateganyo.
Iyi kipe y’Ingabo zirwanira mu mazi yari yakiriye Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona.
Byasabye umunota wa 11 w’umukino ngo Marines FC ifungure amazamu ibifashijwemo na Nkundimana Fabio. Ni ku mupira yatereye hafi y’urubuga rw’amahina, mbere yo kwidundana umunyezamu Khadime Ndiaye ukaruhukira mu nshundura.
Rayon Sports yishyuye iki gitego ibifashijwemo na Prinsse Junior Elenga-Kanga.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Ikipe y’umutoza Yves Rwasamanzi yongeye kuyobora umukino ku munota wa 57, ku mupira myugariro Rugifayabo Hassan yatereye kure widundana umunyezamu Ndiaye, mbere yo kumurenga ukajya mu izamu.
Iki gitego Rayon Sports yacyishyuye ku munota wa 69 biciye kuri myugariro Youssuf Diagne, ku mupira yateretse mu izamu n’umutwe nyuma ya koruneri yari itewe na Muhire Kevin.
Kunganya kwa Rayon Sports byatumye itakaza umwanya wa mbere kuko ikipe ya APR FC yahise iwufata by’agateganyo, nyuma yo gutsinda Bugesera FC yari yasuye igitego 1-0.
Igitego cyo ku munota wa 10 w’umukino cya rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara ni cyo cyafashije Nyamukandagira gufata umwanya wa mbere ku nshuro ya mbere kuva shampiyona yatangira.
APR FC kuri ubu iri ku mwanya wa mbere n’amanota 48, irusha inota rimwe Rayon Sports ya Kabiri.



One Response
Ikipe ya Marines FC yaguye miswi na APR FC ibitego 2-2, bituma APR FC yatsinze Bugesera FC ifata umwanya wa mbere by’agateganyo. iyi title irajijishije pe