Imirwano ikomeye yasakiranyirije inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, i Kasopo muri Teritwari ya Masisi.
Ni imirwano yaraye ibaye mu ijoro ryacyeye, hagati ya saa mbili z’umugoroba na saa saba z’ijoro.
Ikinyamakuru Actualité gikunze guhengamira ku ruhande rwa Leta cyatangaje ko iriya mirwano yasize hari abarwanyi umunani ba Wazalendo bayikomerekeyemo, mu gihe abo ku ruhande rwa M23 batazwi.
Ni imibare bigoye kugenzura.
Wazalendo kandi ngo ni zo zatangije iriya mirwano ubwo zateraga ibirindiro bya M23.
Bivugwa ko kugeza mu ma saa saba z’ijoro impande zihanganye zari zigisangiye umusozi wa Kasopo.
Imirwano y’impande zombi kandi amakuru avuga ko yaciye igikuba mu baturage batuye muri kariya gace, bamwe bahitamo guhunga.


